Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 80.000 Bafashwe Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19, Hotel Enye Zirafungwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Abantu 80.000 Bafashwe Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19, Hotel Enye Zirafungwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 4:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yavuze ko hari abantu bakomeje kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, ku buryo mu byumweru bibiri bishize hafashwe abantu hafi 80.000 bagacibwa amande.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, CP Kabera yavuze ko abantu bakwiye kureka gutuma Polisi ibahatira kubahiriza amabwiriza, kuko bibagiraho ingaruka.

Yatanze ingero z’uko mu byumweru bibiri bishize, mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara Polisi yahatiye abantu 74.650 bagendaga n’amaguru, kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

Yakomeje ati “Yahatiye imodoka zigera muri 816 n’abazigendamo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Yahatiye moto n’abazigendagaho 570 kubahiriza amabwiriza, yahatiye amagare 136 n’abayagendagaho kuko birumvikana ko atigenza, kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.”

“Umubare w’ubutubari twafunguwe bitemewe tugacuruza inzoga mu gihugu hose natwo tugafungwa ni 355, naho umubare w’abantu bafatiwe muri utwo tubari ndetse bagacibwa n’amande ni 2996.”

Yavuze ko ibindi bikorwa by’ubucuruzi byafunzwe kubera kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus birimo hotel enye na resitora 60.

Yakomeje ati “Ibi byose biba atari ngombwa, ntabwo bikwiye ko ukwiye guhatirwa cyangwa gufungirwa ubucuruzi ngo wirinde Coronavirus kandi tuzi ko ihari.”

CP Kabera yakebuye abantu bakomeje kurenga ku mabwiriza, aho kuri uyu wa Mbere mu bafashwe harimo umuhanzi Social Mula n’abanyamakuru babiri ba Isibo TV.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera
TAGGED:CP KaberafeaturedPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahawe Urukingo Rwa Pfizer Bagiye Guhabwa Urwa Kabiri
Next Article Minisitiri w’Intebe Ngirente Yitabiriye Irahira Rya Perezida Touadéra Wa Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?