Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 98 Bishwe N’Impanuka Mu Mezi 6 Ashize-Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 98 Bishwe N’Impanuka Mu Mezi 6 Ashize-Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2023 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Polisi y'u Rwanda isaba abakoresha umuhanda kujya bihanganirana kandi bakirinda icyabahutaza
SHARE

Imibare yatangajwe na Polisi y’u Rwanda ivuga ko mu mpanuka zo mu muhanda zabaye kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena mu 2023 hirya no hino mu gihugu izingana na 53% zatewe n’amagare na moto, zikaba zarahitanye  abagera kuri 98, zikomeretsa abandi 46.

Umuvuduko ukabije niwo uza ku mwanya wa mbere mu guhitana abantu, izindi zitera impanukani ukudasiga intera hagati y’ibinyabiziga, gufata ku bindi binyabiziga cyane cyane amakamyo ku banyamagare mu mihanda ihanamye, gupakira imizigo irenze ubushobozi bwa moto cyangwa igare, gutwara igare nijoro, gutwara banyoye ibisindisha no kutubahiriza ibyapa n’ibimenyetso byo ku muhanda.

Abatwara moto n’abatwara amagare bakomeje gusobanurirwa amakosa bakunze gukora aturutse ku burangare igihe bari mu muhanda, intega ikaba iyo kubabubuza no kubaburira ngo birinde ibyabateza akaga.

Muri ubu bukangurambaga, abatwara moto basabwa gukoresha amatara igihe cyose bari mu muhanda; kwirinda gutwara banyoye ibisindisha; kwirinda gutwara batambaye ingofero yabugenewe (Casque) kimwe n’abagenzi batwaye; kutarenza muvuduko wagenwe; kwirinda gusesera mu bindi binyabiziga; kwirinda kunyuraniraho ahatemewe.

Basabwe no kudapakira ibirenze ubushobozi bwa moto, kudakoresha telefone batwaye no kubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru.

Abatwara amagare baracyabuzwa gufata ku binyabiziga bigenda, kwirinda kugendera ku muvuduko mwinshi ahantu hacuritse, kudatwara igare hejuru ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Nabo kandi basabwe kubahiriza ibyapa n’ibimenyetso byo ku muhanda.

Guhera mu mwaka wa 2019 Polisi y’u Rwanda yatangije gahunda yiswe Gerayo Amahoro igamije gusaba abantu kureka imyitwarire yashyira ubuzima bwabo mu kaga.

TAGGED:AmagarefeaturedMotoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kazungu ‘Ashobora’ Kuzaburanishirizwa Mu Ruhame
Next Article DRC: Umunyamakuru Stanis Bujakera Wa Jeune Afrique Yafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?