Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Babiri Bishwe n’Ibitero Bya Grenade i Bujumbura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu Babiri Bishwe n’Ibitero Bya Grenade i Bujumbura

admin
Last updated: 21 September 2021 5:04 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Umutekano mu Burundi yemeje ko ibitero by’iterabwoba byagabwe n’abantu bataramenyekana mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Bujumbura, bihitana abantu babiri abandi benshi barakomereka.

Byagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, ahagana saa moya z’ijoro.

Grenade eshatu zatewe muri komini Mukaza, aho ebyiri zatewe kuri parikingi yo mu mujyi rwagati naho indi iterwa hafi y’isoko rya Jabe, mu gace ka Bwiza.

Itangazo rikomeza riti “Ibyo bisasu byahitanye abantu babiri, umwe kuri parikingi yo mu mujyi hagati undi agwa mu bitaro aho polisi yari imujyanye nyuma yo gukomereka bikomeye.”

Minisiteri y’Umutekano yihanganishije imiryango yagize ibyo byago, yizeza gukora iperereza ababigizemo uruhare bagafatwa.

Mu ijoro ryo ku wa 19 Nzeri nabwo amakuru ava avuga ko abantu batatu bishwe na gerenade yatewe mu kabari k’umupolisi mu mujyi wa Gitega.

Muri iryo joro kandi ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko gerenade eshatu zatewe mu nkengero z’ikibuga cy’indege cya Bujumbura, ariko ntizangiza ibintu bigaragara.

Ni igitero cyaje kwigambwa n’umutwe w’inyeshyamba wa RED Tabara.

Bivugwa ko icyo gitero cyari kigamije kurogoya urugendo rwa Perezida Evariste Ndayishimiye, wari ugiye kwitabira Inama y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye irimo kubera i New York muri Let Zunze Ubumw za Amerika.

Minisiteri y’Umutekano yatangaje ko biriya bikorwa byerekana “ko igihugu kigihanganye n’ibikorwa by’iterabwoba.”

TAGGED:BujumburaBurundifeaturedgerenade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare 25 Ba Nigeria Bishwe N’Ibyihebe
Next Article Utubari Twakomorewe, Ingendo i Kigali Zishyirwa Saa Tanu z’Ijoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?