Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Bambara Amadarubindi Baba Abahanga Kurusha Abatayambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Abantu Bambara Amadarubindi Baba Abahanga Kurusha Abatayambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2022 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Edinburgh iri muri Ecosse bwakorewe ku bantu 44,480 bo hirya no hino mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi bwerekanye ko hari isano hagati yo kugira ubwenge bwinshi, gupfa amaso no kugira ibibazo by’imikorere y’umutima.

Abahanga bo muri iriya Kaminuza bavuga ko hari uturemangingo fatizo basanze dutuma abantu  bafite ubwonko bushobora gufata ibintu vuba bagira ikibazo cyo kurwara amaso bagakenera amadarubindi kandi bakagira umutima wabo ugakora nabi.

Ibyo babonye babitangaje mu kinyamakuru kitwa Nature Communications.

Muri paji z’iki kinyamakuru banditsemo ko basanze abantu bafite ubwenge bwo hejuru baba bafite ibyago bingana na 30% byo kuzacyenera kwambara amadarubindi kurusha bagenzi babo batabufite.

Aha ariko abahanga ntabamenye mu by’ukuri impamvu ituma kugira ubwonko bufite ubushobozi bukomeye bwo gufata mu mutwe no kurwara amaso bigira ingaruka ku mikorere y’umutima n’urwungano rw’imitsi.

Kwambara Agapfukamunwa mu madarubindi nabyo ni ikibazo…

Kwambarira agapfukamunwa mu madarubindi ni ikibazo

Abantu bambara amadarubindi bahuye n’ikibazo cyo kubona agapukamunwa gakwira mu madarubindi, ntikayabyige ngo abe yagwa kandi kakaba gapfuka neza umunwa n’amazuru.

Abishoboye bafite n’ubushobozi bwo kuvuga rukijyana bakoresheje udupfukamunwa tujyanye n’imiterere y’amadarubindi yabo.

Ikindi kibazo cyo kwambarira agapfukamunwa mu madarubindi ni uko iyo umuntu ahumetse umwuka ujya mu birahure bigahuma.

Bisaba ko ako gapfukamunwa kaba gafashe neza mu mazuru ntigahitishe umwuka kandi ntikabangamire amadarubindi.

Abanyarwanda bambara amadarubindi bo bafite indi mbogamizi yatewe n’uko ingofero z’abagenzi zakuweho ikirahure, bityo amadarubindi yabo agahura n’ibitonyanga by’imvura mu gihe iri kugwa ikabasanga mu nzira.

TAGGED:AgapfukamunwaAmadarubindiAmasofeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vital Kamarhe Ntari Mu Bubiligi Ahubwo Ari Mu Bufaransa
Next Article Ubwato Budafite Moteri Bwabujijwe Kongera Kwambutsa Abantu Muri Nyabarongo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?