Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Bambara Amadarubindi Baba Abahanga Kurusha Abatayambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Abantu Bambara Amadarubindi Baba Abahanga Kurusha Abatayambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2022 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Edinburgh iri muri Ecosse bwakorewe ku bantu 44,480 bo hirya no hino mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi bwerekanye ko hari isano hagati yo kugira ubwenge bwinshi, gupfa amaso no kugira ibibazo by’imikorere y’umutima.

Abahanga bo muri iriya Kaminuza bavuga ko hari uturemangingo fatizo basanze dutuma abantu  bafite ubwonko bushobora gufata ibintu vuba bagira ikibazo cyo kurwara amaso bagakenera amadarubindi kandi bakagira umutima wabo ugakora nabi.

Ibyo babonye babitangaje mu kinyamakuru kitwa Nature Communications.

Muri paji z’iki kinyamakuru banditsemo ko basanze abantu bafite ubwenge bwo hejuru baba bafite ibyago bingana na 30% byo kuzacyenera kwambara amadarubindi kurusha bagenzi babo batabufite.

Aha ariko abahanga ntabamenye mu by’ukuri impamvu ituma kugira ubwonko bufite ubushobozi bukomeye bwo gufata mu mutwe no kurwara amaso bigira ingaruka ku mikorere y’umutima n’urwungano rw’imitsi.

Kwambara Agapfukamunwa mu madarubindi nabyo ni ikibazo…

Kwambarira agapfukamunwa mu madarubindi ni ikibazo

Abantu bambara amadarubindi bahuye n’ikibazo cyo kubona agapukamunwa gakwira mu madarubindi, ntikayabyige ngo abe yagwa kandi kakaba gapfuka neza umunwa n’amazuru.

Abishoboye bafite n’ubushobozi bwo kuvuga rukijyana bakoresheje udupfukamunwa tujyanye n’imiterere y’amadarubindi yabo.

Ikindi kibazo cyo kwambarira agapfukamunwa mu madarubindi ni uko iyo umuntu ahumetse umwuka ujya mu birahure bigahuma.

Bisaba ko ako gapfukamunwa kaba gafashe neza mu mazuru ntigahitishe umwuka kandi ntikabangamire amadarubindi.

Abanyarwanda bambara amadarubindi bo bafite indi mbogamizi yatewe n’uko ingofero z’abagenzi zakuweho ikirahure, bityo amadarubindi yabo agahura n’ibitonyanga by’imvura mu gihe iri kugwa ikabasanga mu nzira.

TAGGED:AgapfukamunwaAmadarubindiAmasofeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vital Kamarhe Ntari Mu Bubiligi Ahubwo Ari Mu Bufaransa
Next Article Ubwato Budafite Moteri Bwabujijwe Kongera Kwambutsa Abantu Muri Nyabarongo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?