Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batandatu Bafashwe Bakurikiranyweho Gusagarira Umucamanza 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abantu Batandatu Bafashwe Bakurikiranyweho Gusagarira Umucamanza 

admin
Last updated: 13 July 2021 5:05 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafunze abantu batandatu bo mu Karere ka Rusizi, bakurikiranyweho gusagarira umucamanza no kuvogera inyubako y’Urukiko rw’ibanze rwa Kamembe.

Ni ibikorwa byabaye ku wa 9 Nyakanga 2021, bifitanye isano n’ibimina bigize ubucuruzi bw’amafaranga bw’uruhererekane buzwi nka piramide (pyramide), yatanzwe n’abaturage mu bimina byiswe Blessing na Ujamaa.

Abatanze amafaranga ngo ntayo basubijwe, hitabazwa RIB ifata abayakiriye, ariko urukiko ruza kubagira abere. Amakuru avuga ko amafaranga yose yatanzwe yageraga miliyoni 500 Frw.

Ku rutonde rw’amafaranga yatanzwe hariho nk’abagore bigaragara ko muri Ujamaa batanzemo miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, muri Blessing bagatangamo 1,350,000 Frw.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abafashwe na RIB kuri iyi nshuro bakekwaho ko ku wa 9 Nyakanga ahagana saa sita z’amanywa, bakoze ibikorwa by’urugomo no gusagarira abakozi b’urukiko barimo Umucamanza n’umwanditsi, aho bamufashe mu mashati basaba ko ababambuye bagomba gukurikiranwa.

Taarifa yabonye amakuru ko babikoze “bitwaje ko batanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’urwo rukiko.”

Mu itangazo yasohoye, RIB yavuze ko “Bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu gihe iperereza rikomeje kugirango dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Yibukije ko utishimiye imyanzuro y’urukiko habaho kujurira nk’uko amategeko abiteganya.

Urwego rw’Ubucamanza kuri uyu wa Mbere narwo rwasohoye itangazo ruvuga ko rwababajwe n’ibyo bikorwa bigayitse.

- Advertisement -

Ruti “Urwego rw’Ubucamanza ruributsa buri wese ko gushyira iterabwoba cyangwa igitutu icyo aricyo cyose ku mucamanza kubera icyemezo yafashe bibujijwe kandi bihanwa n’amategeko.”

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano riteganya ko kuvogera urukiko cyangwa kugirira urugomo urwo ari rwo rwose ku mucamanza cyangwa undi muyobozi uwo ariwe wese mu gihe akora umurimo ashinzwe cyangwa ari wo biturutseho, aba akoze icyaha.

Ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu.

Bariya baturage b’i Rusizi bavuga ko hari abantu bakomeye mu nzego za Leta batumye abantu babambura ntibakurikiranwe, nk’uko bigaragara mu ibaruwa bandikiye Minisitiri w’Intebe ku wa 1 Kamena 2021.

Barimo uhagarariye Banki y’Abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, mushiki w’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, umugore ufite umugabo ukora mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Iperereza n’Umutekano w’Igihugu (NISS) akaba na Mushiki w’Umuyobozi Mukuru wungirije wa RDB, n’abandi bafite aho bahuriye na buriya bucuruzi.

TAGGED:featuredRIBRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ukekwaho Ubujura Ati: ‘Nibye Kubera Ko Databuja Yansonjesheje’, RIB Iti: ‘Sigaho’
Next Article Inkingo Miliyoni 110 Zo Mu Bushinwa Zigiye Guhabwa Ibihugu Binyuze Muri COVAX
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?