Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Arabie Saoudite Barashaka Kurushaho Gushora Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abanya Arabie Saoudite Barashaka Kurushaho Gushora Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2025 11:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane mu Rwanda hageze itsinda ry’abanya Arabie Saoudite baje kureba ahari amahirwe yo gushoramo imari.

Bayobowe na Hassan Alhwaizy usanzwe uyobora Ihuriro ry’abacuruzi bo mu bwami bwa Arabie Saoudite.

Amakuru agaragara ku rukutarwa X rw’Urugaga Nyarwanda rw’abikorera ku giti cyabo, PSF, avuga ko bariya bashoramari bazaganira na bagenzi babo bo mu Rwanda ku byo babona ko bafatanya mu ishoramari ryagutse kurushaho.

Bazaganira kandi n’abandi bayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’igihugu.

U Rwanda rusanganywe umubano mwiza na Arabie Saoudite ndetse muri Kamena, 2021, uwari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta yasinyanye amasezerano na mugenzi we witwa Ahmed Bin Abdul Aziz Kattan yiswe General Cooperation Agreeement .

Ni amasezerano yo kurushaho gukorana hagati ya  Kigali na Riyadh mu nzego zitandukanye.

Impande zombi zisanganywe ubufatanye mu buvuzi, uburezi no mu guteza imbere ingufu n’ibikorwa remezo.

Muri iki gihe ariko, hari intego zo kubwagurira no mu ikoranabuhanga, urwego rw’imari, ubukerarugendo no mu bucuruzi.

Jeanne Françoise Mubiligi uyobora Urugaga Nyarwanda rw’abikorera ku giti cyabo ni we wakiriye abo bashyitsi ndetse abategurira umusangiro wabereye muri Kigali Marriot Hotel.

Ba rwiyemezamirimo 25 bo muri Arabie Saoudite nibo bari mu Rwanda muri urwo ruzinduko rwo kwagura ubucuruzi.

Bazanywe n’indege yabo mu ruzinduko rugomba no kugera muri Kenya na Tanzania.

Biteganyijwe ko bazasura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi bagasobanurirwa ibyabaye mu Rwanda mu myaka myinshi yatambutse.

Kuri gahunda ibagenza, hari ho ko bazagirana inama na bagenzi babo bo mu Rwanda binyuze mu kiswe Saudi-Rwandan Business Forum bakazayunguranamo ibitekerezo by’uko bacuruzanya bunguka.

Hazasinywa kandi amasezerano y’imikoranire mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubwubatsi, ubuhinzi n’ubukerarugendo.

TAGGED:AbacuruziArabiefeaturedPSFSaouditeUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiganiro Byo Guhagarika Intambara Ya Ukraine Biri Hafi
Next Article Ubumenyi Ni Isoko Yo Kurandura Imirire Mibi Mu Muryango Nyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?