Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyabugeni Basabwe Guhuza Imbaraga Bakamagana Ihohoterwa Ku Bafite Ubumuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abanyabugeni Basabwe Guhuza Imbaraga Bakamagana Ihohoterwa Ku Bafite Ubumuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2024 9:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dusenge Ariane ukora mu Ihuriro ry’Imiryango y’abafite ubumuga, NUDOR, avuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ribakorerwa ribashegesha bityo ko abantu bose harimo n’abanyabugeni bakwiye kuryamagana.

Asaba abantu kurihagurukira, bakarirandura kuko ryangiza cyane uwarikorewe, yaba afite cyangwa adafite ubumuga.

Mu gushyira mu bikorwa ibikubiye mu buvugizi bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abafite ubumuga, abo muri NUDOR bakorana n’indi miryango 14 mu cyo bise “Make It Program”.
Ati: ” Dufite intego yo gukora ubuvugizi ku bibazo bijyanye n’imyororokere abafite ubumuga bahura nabyo”.

Arianne Dusenge avuga ko abafite ubumuga bagifite imbogamizi zo kutagera ku makuru y’ubuzima bw’imyororokere, bikagira ingaruka ku byemezo bafata ngo birinde ibyabakururira ako kaga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dusenge avuga ko muri iki gihe isi iri mu minsi 16 yo guhuza imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mucyo isi yise mu Cyongereza 16 Days of activitism against GBV, bityo n’Umuryango akorera ukaba warahisemo kubyifatanyamo.

Intego ni uko ihohoterwa iryo ari ryo ryose rirwanywa.

Abahanga bavuga ko rigira uburyo butandukanye rikorwamo kuko hari irikorerwa ku mubiri n’irishengura umutima.

Abo muri NUDOR bavuga ko abanyabugeni mu buhanga bwabo butandukanye bakwiye kwamagana abagizi ba nabi bahohotera abandi.

Abahanzi bakoze ibihangano byamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abafite ubumuga baturutse muri Nyagatare, Gatsibo na Gasabo berekanye ibihangano byayo, abahize abandi barahembwa.

- Advertisement -

Umunyabugeni wahize abandi ni Ismael Musekera waturutse mu Karere ka Gasabo.

Avuga ko igihangano yakoze kigaragaza umukobwa wakorewe ihohoterwa ku mubiri ariko aza gutinyuka avuga ibyo akorerwa ndetse arangurura ijwi risaba abandi bahohoterwa kubyamagana.

Igihangano cye kigaragaza umukobwa ufite indangururamajwi avugiriza ahirengenye asaba abantu kwamagana ihohoterwa rikorerwa abafite ubumuga n’abandi muri rusange.

Musekera ati: ” Nkanjye nk’umuhungu birambabaza kubona abakobwa cyangwa abandi bahohoterwa”.

Avuga ko iyo umuntu atinyutse akavuga ikibazo cye bitinyura n’abandi bafite nk’icye cyangwa ibindi byihariye.

Ismael Musekera avuga ko akamaro k’ubugeni ari uko buvuga aho amagambo yo atavugira.

Kubera iyo mpamvu, asanga bagenzi be bakwiye kunga murye bakamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abafite ubumuga.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi risobanura ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari imvugo ikubiyemo ibikorwa byinshi, isobanuye igikorwa icyo ari cyo cyose cyangiza gikozwe kinyuranyije n’ubushake bw’umuntu kandi gishingiye ku itandukaniro rigenderwaho muri sosiyete hagati y’igitsina gore n’igitsina gabo.

Harimo ibikorwa byo kubabaza umubiri, kubabaza umuntu bishingiye ku gitsina, mu mitekereze cyangwa kumuteza imibabaro, iterabwoba ryo kumukorera ibyo bikorwa, agahato no kumubuza umudendezo.

Ibi bikorwa bishobora gukorwa mu ruhame cyangwa mu ibanga(ahiherereye).’

Ibarura Rusange ryakozwe mu mwaka wa 2022 ryagaragaje ko abantu bafite ubumuga mu Rwanda bageraga ku bantu 391.775, bangana na 3,4% bya miliyoni 13,24 z’abatuye u Rwanda, muri bo abagore bafite ubumuga ni 216.826 na ho abagabo bakaba 174.949.

Icyakora iyo mibare ni iy’abantu bafite ubumuga bari hejuru y’imyaka itanu, bivuze ko nta mibare nyirizina y’abantu bose bafite ubumuga mu Rwanda iramenyekana mu buryo buhamye.

TAGGED:DusabeIhohoterwaUbukangurambagaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Mu Masezerano Yo Kugarura Amahoro Hagati Ya DRC N’u Rwanda
Next Article Rulindo: Abantu Batatu Bishwe N’Ikirombe Cyabagwiriye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?