Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2025 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Rugaju yarekuranywe na bagenzi be bareganwaga.
SHARE

Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko abasivile 23 barimo abanyamakuru batatu n’aba ofisiye babiri ba RCS, bari bakurikiranyweho kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, barekurwa ‘by’agateganyo’.

Abanyamakuru barekuwe n’uyu mwanzuro ni Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, Ishimwe Richard na Mucyo Antha Biganiro wahoze muri uyu mwuga.

Hari kandi n’umufana wa APR FC akaba yari umuvugizi wa bagenzi be b’abafana Mugisha Frank uzwi nka Jangwani.

Abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’igorora barekuwe ni Umuvugizi warwo RCS, CSP Hillary Sengabo na CSP Olive Mukantabana.

CSP Hillary Emmanuel Sengabo

Abasirikare batatu baregwa muri uru rubanza bo bagiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Irekurwa ryabo rivuzwe mu gihe hari hakiri iburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agatenganyo ku byaha bari bakurikiranyweho birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe byakozwe binyuze muri Minisiteri y’Ingabo.

Isomwa ry’uru rubanza ryari riteganyijwe Tariki 21, Kanama, 2025 saa yine ( 10h00) ariko ryimurirwa kuri uyu wa Kabiri mu isomwa ryabereye mu ruhame ku wa 26, Kanama, 2025  nabwo saa yine ariko ryatinze gutangira.

Inteko y’abacamanza yageze mu cyumba basomeyemo imyanzuro saa 12h50’ aho bavuze ko byatewe n’imirimo myinshi urukiko ruba rufite.

Mbere yo kubasomera umwanzuro, umucamanza yabanje kubahamagara bose bajya imbere y’Inteko y’abacamanza maze basomerwa ibyo bashinjwa byose.

Urukiko rwasanze amatike bahawe batari bazi ko yasabwe mu izina rya Minisiteri y’ingabo bityo ko nta mpamvu zigaragaza ko bagize uruhare mu bufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Urukiko rwasanze Biganiro Mucyo Antha, Mugisha Frank, Ishimwe Ricard na Ndayishimiye Reagan badahamwa n’icyaha cyo guhabwa inyandiko zigakoreshwa icyo zitagenewe, rutegeka ko barekurwa by’agateganyo.

TAGGED:featuredIbyahaIngaboRugajuRwandaSengahoUmutungoUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga
Next Article Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?