Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza Kamere

Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2021 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu by’imitingo( seismologists) batanze umuburo ko Leta ya Alaska( ni umwe mu zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika) igiye kwibasirwa n’umutingito ufite uburemere bwa 8.2 ku gipimo cya Richter. Ni umutingito uremereye k’uburyo uri buteze tsunami.

Tsunami ni ijambo ry’Ikiyapani rivuga umwuzure uterwa n’amazi y’inyanja arenga inkombe agasakara mu bayituriye.

Abahanga bo mu Kigo United States Geological Survey bavuga ko uriya mwuzure uteganyijwe kuza kuba muri kiriya gice uri buterwe n’umutingito biteganyijwe ko uri butangirire mu Ntara ya Perrille muri Leta ya Alaska.

Abaturage bo muri biriya bice bohererejwe ubutumwa bugufi kuri telefoni zabo zigendanwa bubasaba kuzina utwangushye bagahunga kuko hari buze umwuzure ufite imbaraga nyinshi.

Buriya butumwa buragira buti: “ Nyamuneka muhunge kuko mwugarijwe n’amazi menshi cyane ari buzanwe mu ngo zanyu n’umwuzure ukomoka ku mutingito! Muhungire ku misozi abandi bave ku nkengero kuko murugarijwe. Muzagaruke mu ngo zanyu ari uko mubibwiwe n’abayobozi.”

Alaska ni iyo Leta itegeka ubutaka bunini mu zindi zose zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Alaska nicyo gihugu kinini mu bindi bigize Leta zunze ubumwe z’Amerika

Ihana imbibi na Canada ndetse igakora no ku Burusiya. Mu Majyaruguru yayo hari Inyanja ya Arikitika( Arctic Ocean) n’aho mu Majyepfo no mu Majyepfo ashyira u Burengerazuba hakaba Inyanja ya Pacific.

Alaska ni nini k’uburyo ubuso bwayo buruta ubwa Texas, Calfornia na Montana ubuhurije hamwe.

Izi Leta tuvuze nyuma ya Alaska nizo nini ziyikurikira mu buso.

Ituwe n’abaturage bacye cyane kuko ibarura ryo muri 2020 ryerekanye ko yari ituwe n’abaturage 736,081.

Umurwa mukuru wa Alaska witwa Juneau.

 

TAGGED:AlaskaAmerikafeaturedTsunamiUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pegasus Tuyiha Gusa Ibihugu Byugarijwe N’Iterabwoba- Minisitiri W’Ingabo Wa Israel
Next Article Mudugudu Uvugwaho Gukubita Umunyamakuru I Nyagatare Ari Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?