Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza Kamere

Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2021 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu by’imitingo( seismologists) batanze umuburo ko Leta ya Alaska( ni umwe mu zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika) igiye kwibasirwa n’umutingito ufite uburemere bwa 8.2 ku gipimo cya Richter. Ni umutingito uremereye k’uburyo uri buteze tsunami.

Tsunami ni ijambo ry’Ikiyapani rivuga umwuzure uterwa n’amazi y’inyanja arenga inkombe agasakara mu bayituriye.

Abahanga bo mu Kigo United States Geological Survey bavuga ko uriya mwuzure uteganyijwe kuza kuba muri kiriya gice uri buterwe n’umutingito biteganyijwe ko uri butangirire mu Ntara ya Perrille muri Leta ya Alaska.

Abaturage bo muri biriya bice bohererejwe ubutumwa bugufi kuri telefoni zabo zigendanwa bubasaba kuzina utwangushye bagahunga kuko hari buze umwuzure ufite imbaraga nyinshi.

Buriya butumwa buragira buti: “ Nyamuneka muhunge kuko mwugarijwe n’amazi menshi cyane ari buzanwe mu ngo zanyu n’umwuzure ukomoka ku mutingito! Muhungire ku misozi abandi bave ku nkengero kuko murugarijwe. Muzagaruke mu ngo zanyu ari uko mubibwiwe n’abayobozi.”

Alaska ni iyo Leta itegeka ubutaka bunini mu zindi zose zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Alaska nicyo gihugu kinini mu bindi bigize Leta zunze ubumwe z’Amerika

Ihana imbibi na Canada ndetse igakora no ku Burusiya. Mu Majyaruguru yayo hari Inyanja ya Arikitika( Arctic Ocean) n’aho mu Majyepfo no mu Majyepfo ashyira u Burengerazuba hakaba Inyanja ya Pacific.

Alaska ni nini k’uburyo ubuso bwayo buruta ubwa Texas, Calfornia na Montana ubuhurije hamwe.

Izi Leta tuvuze nyuma ya Alaska nizo nini ziyikurikira mu buso.

Ituwe n’abaturage bacye cyane kuko ibarura ryo muri 2020 ryerekanye ko yari ituwe n’abaturage 736,081.

Umurwa mukuru wa Alaska witwa Juneau.

 

TAGGED:AlaskaAmerikafeaturedTsunamiUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pegasus Tuyiha Gusa Ibihugu Byugarijwe N’Iterabwoba- Minisitiri W’Ingabo Wa Israel
Next Article Mudugudu Uvugwaho Gukubita Umunyamakuru I Nyagatare Ari Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?