Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bahuguwe Uko Batwara Ubwato Bw’Imizigo Iremereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bahuguwe Uko Batwara Ubwato Bw’Imizigo Iremereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2022 6:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Dar es Salaam muri Tanzania haherutse gutangwa impamyabumenyi zahawe abanyeshuri 10 barimo babiri baturutse mu Rwanda bari bamaze igihe biga gutwara ubwato butwara imizigo iremereye. Abo banyeshuri baturutse mu bihugu bigize Umuhora wo hagati bita Central corridor.

Aba banyeshuri bavuga ko bamenye neza uko gutwara ubwato nka buriya bikorwa, ibyago bibibamo n’uburyo babyitwaramo.

Bemeza ko n’ubwo bo hari ubumenyi bakuye mu masomo bamaze iminsi bahabwa, ariko ari ngombwa ko n’abandi bo mu rungano rwabo basize mu bihugu baturutsemo nabo bahugurwa.

Impamvu ngo ni uko hakiri icyuho mu bantu batwara ubwato nka buriya bukenera imbaraga.

Abimana Fidel usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwaremezo yavuze ko muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda harimo ko igomba gukomeza gushyiraho ibikorwa remezo kugira ngo bifashe mu bwikorezo bw’ingeri zose.

Abimana Fidel

Nyuma y’uko bariya banyeshuri bahuguwe kuri buriya bumenyi, hari gahunda y’uko bidatinze buri gihugu mu bihugu bitanu bigize Umuhora wo hagati( central corridor) kizoherexa abanyeshuri batatu bagahugurwa muri kariya kazi.

Umuhora wo hagati ugizwe n’ibihugu bitanu ari byo u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Mu bihe bisanzwe ariya masomo amara imyaka itatu ariko kubera ibibazo birimo na COVID-19 kuri iyi nshuro yarangijwe nyuma y’imyaka itanu.

Gutinda kurangiza amasomo byatewe n’uko abanyeshuri babuze aho gukorera ibyo kwimenyereza umwuga, ibyo bita stage cyangwa internship.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ikigo CCTTFA cy’ibihugu bikoresha uyu muhora ku cyambu cya Dar es salaam, Me Flory Okandju avuga ko kuba abanyeshuri batarabonye aho bimenyereza heza kandi mu gihe nyacyo byatumye badindira mu masomo bituma amara imyaka itanu kandi yari asanzwe amara imyaka itatu.

Me Flory Okandju
Ni abanyeshuri baturuka mu bihugu bigize icyo bita umuhora wo hagati
TAGGED:featuredHagatiRwandaUbwatoUmuhora
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yasabye Urukiko Gushyira Mu Bikorwa Igihano Cy’Urupfu Rwamukatiye
Next Article Ingengo Y’Imari Nto Igenerwa Ubuhinzi Iri Mu Bibudindiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?