Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri ‘Bangije’ Ibikoresho Basoje Ikizamini Cya Leta Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyeshuri ‘Bangije’ Ibikoresho Basoje Ikizamini Cya Leta Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu

admin
Last updated: 31 December 2021 7:19 am
admin
Share
SHARE

Urukiko rw’Ibanze rwa Ngororero rwakatiye abanyeshuri batandatu gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 5 Frw buri umwe, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo konona inyubako ubwo bari barangije ibizamini bya Leta.

Ni inkuru yavuzwe cyane muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo abanyeshuri basozaga amashuri yisumbuye maze bagakora ibintu byinshi birimo guca imyenda biganaga, amakaye n’ibindi bikoresho by’ishuri.

Byabaye nk’ibifata indi ntera kuri ESECOM Rucano TVET School mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, ubwo abanyeshuri bakoraga igisa nk’imyigaragambyo ku wa Kane tariki ya 29 Nyakanga 2021 bagatwika ibitanda by’ishuri, bamena ibirahure banasenya uruzitiro rw’aho bararaga, bishimira gusa ko basoje ibizamini bya Leta.

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwaje gutangaza ko rwataye muri yombi abanyeshuri batanu, nubwo byaje kugaragara ko mu rubanza haburana abanyeshuri batandatu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abatawe muri yombi icyo gihe bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa barimo babiri bafite imyaka 21, uwa 25, 18 n’uw’imyaka 20 bivugwa ko ari we watanze ikibiriti.

Bari bakurikiranyweho ibyaha bibiri byo gusenya cyangwa kononona inyubako ku bushake utari nyirayo n’icyaha cyo konona cyangwa kwangiza ikintu cy’undi.

Kuri uyu wa 30 Ukuboza nibwo bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Ngororero, bahanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya 5,000,000 Frw kuri buri umwe muri aba bana batandatu.

Igitabo cy’amategeko ahana giteganya ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

- Advertisement -

Bamwe mu babyeyi bavuze ko batari biteguye ibi bihano, kubera ko biremereye cyane.

Byongeye, ngo bari bumvikanye n’ubuyobozi bw’ikigo bishyura ibyangiwe, ndetse ngo ibyagaragajwe byose si abana babo babyangije ariko nabyo bemera kubyishyura.

Basaba ko inzego nkuru z’igihugu zabaha imbabazi bakabasha gukomeza amasomo, cyane ko ari abana.

 

 

 

 

 

TAGGED:amakayefeaturedIbizamini bya LetaIshuriNgororero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Ya Shampiyona Mu Rwanda Yahagaritswe  
Next Article Ibikorwa Byo ‘Kurasa Umwaka’ Mu Mujyi wa Kigali Byahagaritswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?