Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri ‘Bangije’ Ibikoresho Basoje Ikizamini Cya Leta Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyeshuri ‘Bangije’ Ibikoresho Basoje Ikizamini Cya Leta Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu

admin
Last updated: 31 December 2021 7:19 am
admin
Share
SHARE

Urukiko rw’Ibanze rwa Ngororero rwakatiye abanyeshuri batandatu gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 5 Frw buri umwe, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo konona inyubako ubwo bari barangije ibizamini bya Leta.

Ni inkuru yavuzwe cyane muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo abanyeshuri basozaga amashuri yisumbuye maze bagakora ibintu byinshi birimo guca imyenda biganaga, amakaye n’ibindi bikoresho by’ishuri.

Byabaye nk’ibifata indi ntera kuri ESECOM Rucano TVET School mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, ubwo abanyeshuri bakoraga igisa nk’imyigaragambyo ku wa Kane tariki ya 29 Nyakanga 2021 bagatwika ibitanda by’ishuri, bamena ibirahure banasenya uruzitiro rw’aho bararaga, bishimira gusa ko basoje ibizamini bya Leta.

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwaje gutangaza ko rwataye muri yombi abanyeshuri batanu, nubwo byaje kugaragara ko mu rubanza haburana abanyeshuri batandatu.

Abatawe muri yombi icyo gihe bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa barimo babiri bafite imyaka 21, uwa 25, 18 n’uw’imyaka 20 bivugwa ko ari we watanze ikibiriti.

Bari bakurikiranyweho ibyaha bibiri byo gusenya cyangwa kononona inyubako ku bushake utari nyirayo n’icyaha cyo konona cyangwa kwangiza ikintu cy’undi.

Kuri uyu wa 30 Ukuboza nibwo bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Ngororero, bahanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya 5,000,000 Frw kuri buri umwe muri aba bana batandatu.

Igitabo cy’amategeko ahana giteganya ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

Bamwe mu babyeyi bavuze ko batari biteguye ibi bihano, kubera ko biremereye cyane.

Byongeye, ngo bari bumvikanye n’ubuyobozi bw’ikigo bishyura ibyangiwe, ndetse ngo ibyagaragajwe byose si abana babo babyangije ariko nabyo bemera kubyishyura.

Basaba ko inzego nkuru z’igihugu zabaha imbabazi bakabasha gukomeza amasomo, cyane ko ari abana.

 

 

 

 

 

TAGGED:amakayefeaturedIbizamini bya LetaIshuriNgororero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Ya Shampiyona Mu Rwanda Yahagaritswe  
Next Article Ibikorwa Byo ‘Kurasa Umwaka’ Mu Mujyi wa Kigali Byahagaritswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?