Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri Bazakora Ibizamini By’Ayisumbuye Biyongereyeho Abantu 19,926
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Abanyeshuri Bazakora Ibizamini By’Ayisumbuye Biyongereyeho Abantu 19,926

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2025 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abanyeshuri bagiye gukora ibizamini birangiza ayisumbuye n'ay'icyiciro rusange.Ifoto@ISANGO STAR.
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu tariki 09, Nyakanga, 2025 mu Rwanda hazakorwa ibizamini birangiza amasomo y’icyiciro rusange n’ibirangiza amashuri yisumbuye muri rusange. Imibare y’abana bazabikora igaragaza ko biyongereyeho 19,926 muri uyu mwaka ugereranyije n’uwabanje.

Abanyeshuri 255,498 ni bo bazitabira ibizamini bya Leta birangiza icyiciro rusange n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye, by’umwaka wa 2024/2025.

Iyo urebye uko banganaga mu mwaka wabanje( bari 235,572) ubona ko biyongereyeho abantu 19,926.

Minisiteri y’Uburezi binyuze mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko mu cyiciro rusange (Ordinary Level) hiyandikishije abakandida 149,134, barimo abakobwa 82,412 n’abahungu 66,722.

Mu cyiciro cya Kabiri cy’aya mashuri ari nacyo kirangiza amasomo y’amashuri yisumbuye hiyandikishije abakandida 106,364, barimo abakobwa 55,435 n’abahungu 50,929.

Abafite ubumuga bo mu cyiciro rusange ni abantu 459 naho mu cya kabiri ni abantu 323 kandi NESA ivuga ko abo bose bazahabwa ubufasha bwihariye kugira ngo bakore neza ikizamini.

Mu itangazo iki kigo cyasohoye, haranditswe ngo:  “Ubu bufasha burimo impapuro z’ibizamini zanditswe mu nyuguti za Braille no mu nyuguti nini, ibikoresho byifashishwa n’abantu bafite ubumuga, abakandida bazafashwa kwandikirwa (scribes), ndetse n’igihe cy’inyongera mu gukora ibizamini.”

Ibizamini byose hamwe bizakorerwa mu bigo 880, bitangire kuri uyu wa Gatatu tariki 09, Nyakanga birangire tariki 18, uku kwezi.

Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye by’umwaka w’amashuri wa 2024/2025 bizatangira tariki ya 9 Nyakanga 2025, saa 08:30 za mu gitondo, bisozwe tariki ya 18 Nyakanga 2025.

Twifurije amahirwe masa abakandida bose bazitabira ibizamini! pic.twitter.com/nlU2vwWHr1

— NESA Rwanda (@NESA_Rwanda) July 7, 2025

TAGGED:AbanaAbanyeshuriAmashurifeaturedIbizaminiIcyiciroMinisiteriNESAUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe
Next Article Bwiza Yasohoye Indirimbo Ifite Ubutumwa Nk’Ubw’Iya Miss Jojo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?