Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyogosi, Imparata N’Abahebyi Biyemeje Kwangiza Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Abanyogosi, Imparata N’Abahebyi Biyemeje Kwangiza Ibidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2025 8:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kwiha izina kugira ngo babatinye, abacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe biyise amazina akura umutima nka Imparata, Abanyogosi n’Abahebyi . RIB ariko irababurira.

Abo bantu bamaze igihe bakorera mu Turere dutandukanye ibikorwa byangiza ibidukikije binyuze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Ayo mazina kandi bayiyita iyo bamaze kwishimira ibyavuye mu musaruro w’amabuye y’agaciro na kariyeri bacukuye mu buryo butemewe n’amategeko.

Ubwo bucukuzi buhombya Leta, bukangiza ibidukikije kandi bugahembera urugomo mu baturiye aho bukorerwa kuko baba bashaka kwamagana abo bantu bigatuma basakirana.

Mu rwego rwo gukumira ko ubwo bwicamategeko bwakorwa na benshi kandi n’ababukora bakabireka, hari ubukangurambaga buri gukorwa n’Ikigo gishinzwe ubucukuzi bwa Petelori, Mine na Gazi na RIB mu Turere tw’Amajyepfo harimo n’aka Kamonyi.

N’ubundi mu nshingano za RIB habamo iy’ibanze yo gukumira ibyaha, ubukangurambaga ku byaha rero bukaba uburyo bwiza bwo kubikumira.

Mu biganiro bihabwa abaturage n’abahagarariye ibigo bicukura, havugwamo ko ikibazo cy’ubucukuzi butemewe n’amategeko kitacika hatabayeho imbaraga z’inzego nyinshi.

Abaturage nabo basabwa kutumva umuburo bahabwa ngo bawugire amasigarakicaro.

Umukozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bwa Petelori, Mine na Gazi witwa Jean D’Amour yavuze ko ari ngombwa ko ibigo bicukura amabuye bidafite ibyangombwa byabishaka kugira ngo bikorere mu mucyo.

Ati: “Kurwanya ubucukuzi butemewe n’amategeko biri mu nyungu zacu twese ariko n’amakompanyi acukura agomba kubahiriza amategeko, akita no k’uburenganzira bw’abacukuzi burimo no kubashakira ubwishingizi kuko biri mu itegeko”.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi ushinzwe iterambere ry’ubukungu Niyongira Uzziel yavuze ko imyitwarire iranga abiyise abahebyi iteje ikibazo kuko bagira urugomo.

Ubuyobozi bwabwiye abaturage ko bakwiye kuzibukira ubucukuzi butemewe.

Niyongira avuga ko iki ari igihe kiza kuri abo bantu ngo bave muri ibyo bikorwa byica amategeko.

Yababuriye ko inzego zose zigiye gufatanya kubarwanya.

Mwenedata Philbert umukozi mu ishami rya RIB rishinzwe gukumira ibyaha avuga ko ubu bukangurambaga bufite intego yo gukumira ibyaha bitaraba.

RIB iburira abo bica amategeko nkana. Mwenedata arababurira.

Agaragaza ko ibyaha byibasira ibidukikije bigira ingaruka ku bantu n’igihugu muri rusange, ari nayo mpamvu bifite ibihano bikomeye.

Ibyaha bikorerwa ibidukikije bituma ubutaka butakaza uburyo bwo kwirinda isuri bigatuma bwangirika byoroshye.

Inzego zirasaba abaturage kwirinda ibyaha kuko kubikora bibakirurira ibihano

Ni ikibazo cyihariye ku gihugu nk’u Rwanda gifite imisozi miremire.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Yiziritse Urumogi Mu Mugongo Arenzaho Imyenda Aranga Arafatwa
Next Article RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Burundi: Umugore Yagizwe Minisitiri W’Ingabo

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?