Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarangije Muri RICA Basabwe Gufasha Leta Muri NST 2
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abarangije Muri RICA Basabwe Gufasha Leta Muri NST 2

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2025 5:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yasabye abarangije amasomo muri Kaminuza yigisha ubuhinzi burengera ibidukikije, RICA, ko bakwiye kuzakorera muri gahunda ya Leta y’uko mu myaka itanu umusaruro w’ubuhinzi uziyongera kuri 50%.

Abanyeshuri 83 nibo barangije muri RICA kuri iyi nshuro ya gatatu.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025, nibwo abo banyeshuri bahawe impamyabumenyi z’uko bamaze kwiga ariya masomo kandi bakayarangiza neza.

Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva yagize icyo abasaba.

Ati: “Muri Gahunda ya kabiri y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST2), u Rwanda rwiyemeje kongera umusaruro w’ibihingwa by’ingenzi ku kigero cya 50%, kugira ngo turwanye inzara, habeho no kwihaza mu biribwa no kugira ibyo twohereza mu mahanga bishobora guhangana ku isoko.”

Yababwiye ko nk’inzobere mu buhinzi bakwiye kubungabunga ubutaka cyanecyane ko ari ibyo bize.

Nsengiyumva yababwiye ko bahamagariwe kuba umusemburo w’impinduka zigamije guteza igihugu imbere.

Ikigo RICA cyubatswe ku nkunga ya Howard Graham Buffett Foundation na Leta y’u Rwanda.

Giherereye mu Burengerazuba, mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.

Dr. Justin Nsengiyumva yamushimiye mu izina rya Guverinoma, avuga ko yagize kandi agifitiye u Rwanda akamaro binyuze mu guteza imbere ubuhinzi bugezweho.

PM Nsengiyumva niwe wari umushyitsi mukuru

Ati: “Ku bufatanye n’imiryango nka Howard Buffett Foundation, Guverinoma yashyize imbaraga muri RICA, igamije gushaka no gutegura abayobozi bashya bafite ubushobozi n’ubwitange, bazayobora impinduka mu rwego rw’ubuhinzi.”

Abarangije uyu munsi barimo 10 barangije mu ishami rya Animal Production Systems, abandi 42 barangiza mu ryitwa Crop Production Systems, abandi 14 barangiza muri Food Processing Systems, n’aho 17 barangiza mu ishami ryitwa Irrigation and Mechanization Systems.

TAGGED:featuredImpamyabumenyiIterambereKaminuzaNsengiyumvaNSTRICAUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturiye Pariki Ya Nyandugu Barasabwa Kutayanduza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abarangije Muri RICA Basabwe Gufasha Leta Muri NST 2

Abaturiye Pariki Ya Nyandugu Barasabwa Kutayanduza

Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda

Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 

Volleyball: U Rwanda rwaserewe Muri 1/4 Cy’Igikombe Cy’ Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Gisèle Umuhuza Yasimbuwe Na Canoth Manishimwe Muri MININFRA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyavugururwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?