Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Barakajwe N’Uko Ingoma Zabo Ziherutse Gusuzugurirwa Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundi Barakajwe N’Uko Ingoma Zabo Ziherutse Gusuzugurirwa Muri Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2022 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko yarakajwe no kubona mu iserukiramuco ry’umuziki ryiswe Nyege Nyege Festival riherutse kubera muri Uganda haragaragayemo abagore bavuza ingoma z’u Burundi kandi kizira mu muco[akaranga] w’Abarundi.

Iserukiramuco Nyege Nyege ryabererye ahitwa Itanga Falls..

Ni iserukiramuco rihuruza abantu bavuye mu bihugu byinshi bituriye Uganda bakajya kubyina iz’iwabo kandi uko ‘babishaka.’

The East Africana yanditse ko muri Tweet iherutse gutangazwa na Minisitiri y’umuco na Siporo ikorera mu Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba, ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwatangaje u Burundi bwabamenyesheje ko bwarakajwe no kubona muri Nyege Nyege Festival haragaragayemo abagore bavuza ingoma z’Abarundi kandi ibyo ari ikizira mu muco wabo.

Mu muco w’Abarundi kirazira ko ingoma zivuzwa n’abagore.

Ubuyobozi bw’u Burundi bwavuze ko ibi byaburakaje kandi ngo nta muntu cyangwa igihugu icyo aricyo cyose gikwiye gusuzugura umuco w’Abarundi ngo awukoreshe ibyo utemera.

Uburundi bwatangaje ibi nyuma y’uko hari amafoto agaragaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abagore bari kuvuza ingoma kandi kizira.

Mu Burundi bagira iteka rya Perezida rigena uko ingoma z’i Burundi zivuzwa.

Ni iteka Nomero  21  ritegeka ko umuntu wese utuma ingoma z’I Burundi zivuzwa n’utabyemerewe ahanishwa amande angana na Fbu 1,000,000. Ni amafaranga angana na $490.

Abarundi bagira uburyo bwihariye bavuza ingoma zabo.

Ubwo buryo babuhaye izina rya ‘Umurishyo w’ingoma.’

Kubera umwihariko wawo, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bumenyi, ubuhanga n’umuco, UNESCO, washyira ‘Umurishyo w’Ingoma’ mu bigize umurage w’isi ukwiye kubungwabungwa.

Mu Mateka y’Abarundi, umurishyo w’ingoma ni ikintu cyari gikomeye mu bwami bw’u Burundi.

Cyari ikintu cyera, kitagomba gukorwa mu buryo butiyubashye kandi butemewe n’umuco w’Abarundi.

Abakaraza b’ahitwa Gishora muri Gitega nibo bari abadahigwa mu kuvuza umurishyo.

Abo bakaraza bari bafite izina ryihariye bita ABATIMBO.

Ku byerekeye ikibazo cy’uko abagore bavugije ingoma z’Abarundi kandi kizira, bikabera muri Uganda ubutegetsi bw’i Kampala ntabyo burabivugaho.

Muri Nyege Nyege habera ibyaho
TAGGED:BurundiIngomaIserukiramucoUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyiciro Cya Kabiri Cya Shampiyona Y’u Rwanda Kigijwe Inyuma
Next Article Gasabo: Umunyamakuru Afunzwe Azira Gukubita Uwamwishyuje Inzoga Yanyoye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?