Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Barakajwe N’Uko Ingoma Zabo Ziherutse Gusuzugurirwa Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundi Barakajwe N’Uko Ingoma Zabo Ziherutse Gusuzugurirwa Muri Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2022 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko yarakajwe no kubona mu iserukiramuco ry’umuziki ryiswe Nyege Nyege Festival riherutse kubera muri Uganda haragaragayemo abagore bavuza ingoma z’u Burundi kandi kizira mu muco[akaranga] w’Abarundi.

Iserukiramuco Nyege Nyege ryabererye ahitwa Itanga Falls..

Ni iserukiramuco rihuruza abantu bavuye mu bihugu byinshi bituriye Uganda bakajya kubyina iz’iwabo kandi uko ‘babishaka.’

The East Africana yanditse ko muri Tweet iherutse gutangazwa na Minisitiri y’umuco na Siporo ikorera mu Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba, ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwatangaje u Burundi bwabamenyesheje ko bwarakajwe no kubona muri Nyege Nyege Festival haragaragayemo abagore bavuza ingoma z’Abarundi kandi ibyo ari ikizira mu muco wabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu muco w’Abarundi kirazira ko ingoma zivuzwa n’abagore.

Ubuyobozi bw’u Burundi bwavuze ko ibi byaburakaje kandi ngo nta muntu cyangwa igihugu icyo aricyo cyose gikwiye gusuzugura umuco w’Abarundi ngo awukoreshe ibyo utemera.

Uburundi bwatangaje ibi nyuma y’uko hari amafoto agaragaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abagore bari kuvuza ingoma kandi kizira.

Mu Burundi bagira iteka rya Perezida rigena uko ingoma z’i Burundi zivuzwa.

Ni iteka Nomero  21  ritegeka ko umuntu wese utuma ingoma z’I Burundi zivuzwa n’utabyemerewe ahanishwa amande angana na Fbu 1,000,000. Ni amafaranga angana na $490.

- Advertisement -

Abarundi bagira uburyo bwihariye bavuza ingoma zabo.

Ubwo buryo babuhaye izina rya ‘Umurishyo w’ingoma.’

Kubera umwihariko wawo, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bumenyi, ubuhanga n’umuco, UNESCO, washyira ‘Umurishyo w’Ingoma’ mu bigize umurage w’isi ukwiye kubungwabungwa.

Mu Mateka y’Abarundi, umurishyo w’ingoma ni ikintu cyari gikomeye mu bwami bw’u Burundi.

Cyari ikintu cyera, kitagomba gukorwa mu buryo butiyubashye kandi butemewe n’umuco w’Abarundi.

Abakaraza b’ahitwa Gishora muri Gitega nibo bari abadahigwa mu kuvuza umurishyo.

Abo bakaraza bari bafite izina ryihariye bita ABATIMBO.

Ku byerekeye ikibazo cy’uko abagore bavugije ingoma z’Abarundi kandi kizira, bikabera muri Uganda ubutegetsi bw’i Kampala ntabyo burabivugaho.

Muri Nyege Nyege habera ibyaho
TAGGED:BurundiIngomaIserukiramucoUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyiciro Cya Kabiri Cya Shampiyona Y’u Rwanda Kigijwe Inyuma
Next Article Gasabo: Umunyamakuru Afunzwe Azira Gukubita Uwamwishyuje Inzoga Yanyoye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?