Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwaye COVID-19 Batakaza Ubushobozi Bwo Guhumurirwa No Gutera Akabariro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abarwaye COVID-19 Batakaza Ubushobozi Bwo Guhumurirwa No Gutera Akabariro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2021 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko indwara ya COVID-19 yibasira ibice by’umubiri bifite aho bihurira n’amazuru, bamwe mu bayirwaye ikabazahaza ndetse bikaba ngombwa ko bongererwa umwuka, ubushakashatsi bwagaragaje ko hari abatakaza ubushobozi bwo guhumurirwa cyangwa kunukirwa.

Gutakaza ubushobozi bwo guhumuriza cyangwa kunukirwa abahanga babyita ‘anosmia’.

Umwarimu wigisha uko urwungano rwo guhumeka no guhumurirwa rukora witwa Dr Carl Philpott wo muri Kaminuza ya East Anglia yabwiye ikinyamakuru ‘Insider’ ko kugira ngo bariya bantu bazashobore kongera guhumurirwa neza bizasaba ko hashira imyaka itatu.

Uyu muhanga avuga ko ubushakashatsi yakoze bwerekanye ko 86% by’abarwaye iriya virus ikabarembya  bagira ikibazo cyo guhumurirwa mu gihe runaka.

Bigenda biba ikibazo uyu munsi, ejo bigakira, ejo bundi bikongera, gutyo gutyo…

Hari abamara amezi ane bafite iki kibazo, nyuma bigakira ariko hari n’abo bikomeza mu gihe runaka.

Umwe mu banyamakuru wa Insider warwaye iriya ndwara witwa  Sophia Ankel aherutse kuvuga ko nawe yahuye na kiriya kibazo k’uburyo ibyo yari asanzwe yumva bihumura harimo n’imibavu yiteraga, hari ubwo yumvaga binuka nk’ibyo mu iyarara(garbage).

Wa muganga twavuze haruguru, avuga ko ikibazo gikomeye ari uko hari bamwe batangira no kumva ko ibiribwa bahoze bakunda, bisigaye bibanukira.

Iki ngi ni ikibazo gikomeye kuko kutarya ubwabyo ari ikibazo cy’ubuzima kiza cyiyongera ku burwayi bwa COVID-19.

Gutera akabariro nabyo biba ihurizo…

Ubwo Taarifa yabazaga bamwe mu Banyarwanda barwaye bagakira iki cyorezo, batubwiye ko ibyo uriya muganga wo mu Bwongereza avuga ari ukuri.

Hari uwitwa Viviane watubwiye ko ibyo umuntu aba asanzwe arya akumva bifite icyanga, iyo abiriye yumva nta cyanga.

Ati: “ Nararyaga nkumva ni nko kurya icyondo. Icyanga kiratakara neza pe.”

Mutabaruka nawe yemeza ko byamubayeho ndetse ngo niyo umuntu anyoye ibintu biryohereye aba yumva bidafite isukari nka mbere.

Uyu mugabo wo mu Karere ka Karongi we avuga ko ikindi yasanze umuntu urwaye COVID-19 atakaza, ni ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina.

Ati: “ Yewe numvaga wagira ngo nta n’igitsina nkigira. Gusa nakubwira ko byagiye bigaruka gahoro gahoro uko nagandaga nkira nsubirana ubuzima.”

Hari amakuru kandi avuga ko abakize kiriya cyorezo bakunda guhorana umunaniro.

Ubuhamya bw’aba Banyarwanda buhuza n’ibyo abakora mu buzima bavuga by’uko icyorezo COVID-19 atari umugani ucibwa ku manywa ahubwo ari indwara ikomeye, yica ndetse n’uyikize agasigarana ingaruka zayo mu gihe runaka.

TAGGED:AkabariroBanyarwandaCOVID-19featuredGuhumurirwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ari Minisitiri w’Intebe wa RDC ‘Yarozwe’
Next Article Milwaukee Bucks Yegukanye NBA Nyuma y’Imyaka 50
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?