Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenateri Bo Muri Zimbabwe Bari Mu Rwanda Kuganira N’Inzego Z’Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Abasenateri Bo Muri Zimbabwe Bari Mu Rwanda Kuganira N’Inzego Z’Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2022 1:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abayobozi ba Polisi y'u Rwanda n'Abasenateri ubwo bahuraga bakaganira
SHARE

Itsinda ry’abasenateri bo muri Zimbabwe bari mu Rwanda  mu ruzinduko rw’iminsi itanu. Ku ikubitiro baganiriye na Polisi y’u Rwanda ariko mu masaha ya nyuma ya saa sita bakaza kuganira n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB. Bari busure na Isange One Stop Center  ku Kacyiru.

Itsinda ry’Abasenateri bo muri Zimbabwe rigize Komite ishinzwe amahoro n’umutekano mu nteko ishinga amategeko y’iki gihugu.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita barasura Isange One Stop Center ku Kacyiru.

Muri iki gihe u Rwanda na Zimbabwe ni ibihugu bifitanye umubano ushingiye no kubuhahirane mu by’ubukungu ndetse n’ubufatanye mu by’umutekano wa gisirikare.

Uretse kuba abacuruzi bo muri kiriya gihugu baherutse mu Rwanda bagasinyana amasezerano y’ubufatanye  na bagenzi babo bo mu Rwanda, Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Major General Albert Murasira aherutse muri kiriya gihugu.

Ahandi ibihugu byombi bikorana ni mu rwego rw’uburezi.

Minisiteri z’uburezi mu bihugu byombi nazo zasinye amasezerano asobanura uko abarimu bo muri Zimbabwe bazafasha u Rwanda kwihugura mu Cyongereza.

Inama yasinyiwemo amasezerano y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu rwego rw’uburezi yasinywe hifashishijwe ikoranabuhanga.

Avuga ko Zimbabwe izoherereza u Rwanda abarimu bo kwigisha Icyongereza bagenzi babo bigisha mu mashuri abanza, ayisumbuye naza Kaminuza.

Bariya barimu bazafasha n’abandi bakozi mu zindi nzego zicyeneye abantu bakoresha Icyongereza kinshi nk’uko byanditswe ku rukuta rwa Twitter rwa Minisiteri y’uburezi.

Mu rwego rw’umutekano taliki 16, Ugushyingo, 2022 Minisitiri w’ingabo Major General Albert Murasira yagiye i Harare muri Zimbabwe  gutsura umubano hagati y’ingabo z’u Rwanda n’iza Zimbabwe.

Yahuye na mugenzi we uyobora Minisiteri y’ingabo muri kiriya gihugu witwa Hon Oppah Muchinguri wari uherekejwe n’Umugabo w’ingabo za Zimbabwe bagirana ibiganiro mu mikoranire hagati y’ingabo z’ibihugu byombi.

Umugaba w’ingabo za Zimbabwe yitwa Gen Philip Valerio Sibanda.

Nta makuru aratangazwa ku byo abayobozi bombi baganiriye ariko muri rusange ibihugu byombi[u Rwanda na Zimbabwe] bibanye neza.

TAGGED:featuredIngaboPolisiRIBZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Alexandre Geniez Yegukanye Agace ka 5 Ka Tour Du Rwanda 2022
Next Article Ndi Mwiza, Nzi N’Ubwenge, Nje Gufasha Abafite Ibibazo Byo Mu Mutwe …:Ikiganiro Ushaka Kuba Miss Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?