Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Bane b’u Bufaransa Bafatiwe Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abasirikare Bane b’u Bufaransa Bafatiwe Muri Centrafrique

admin
Last updated: 22 February 2022 1:30 pm
admin
Share
SHARE

Abasirikare bane b’u Bufaransa bafatiwe ku kibuga cy’indege muri Repubulika ya Centrafrique, ubwo bari bacunze umutekano wa Général Stéphane Marchenoir uyobora Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro, MINUSCA.

Bafatiwe mu murwa mukuru Bangui kuri uyu wa Mbere nyuma ya saa sita, nk’uko byemejwe na Ambasade y’u Bufaransa muri Centrafrique.

Yagize iti “Ikipe ishinzwe umutekano wa général Marchenoir, Umugaba w’Ingabo za Minusca, rigizwe n’abasirikare bane b’Abafaransa, ryafashwe nyuma ya saa sita ku kibuga cy’Indege cya Bangui. Aba ba ofisiye 4  bashinzwe umutekano bari baherekeje umugaba wa Minusca agiye kurira Air France hamwe n’ibikoresho byabo by’umwuga.”

Hari amakuru yaje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko abo basirikare baba bashatse “kwica” Perezida Faustin Archange Touadéra uyobora Centrafrique.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni igikorwa cyabaye mu gihe umubano w’u Bufaransa n’iki gihugu bwahoze bukolonije utameze neza, kubera umutwe ushinzwe umutekano wo mu Burusiya, Wagner Group, urimo gukorera muri Centrafrique.

Ni igihugu kiri mu ntambara guhera mu 2013.

Gusa Ambasade y’u Bufaransa yamaganye icyo gikorwa, kimwe n’abashaka kugikoresha mu icengezamatwara rigamije inabi.

Haje kuboneka andi makuru avuga ko bashobora kuba barafashwe kubera ko bari bitwaje intwaro zabo baherekeje jenerali, bagera ku kibuga cy’indege bigahurirana n’uko indege ya Perezida Touadera yari irimo kugwa ku kibuga.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Bufaransa bwabwiye AFP buti “Nta mpamvu yihariye, bafashwe na jandarumori ya Centrafrique bari hafi y’ikibuga cy’indege, ariko ibirego byo gushaka guhungabanya umutekano bitangira kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga.”

- Advertisement -

Mu itangazo Minusca yasohoye, yamaganye abantu bashaka gukora icengezamatwara rigamije kuyobya rubanda.

Yakomeje ivuga ko “Yamaganye yivuye inyuma ibirego byo gushaka kubangamira umutekano w’igihugu.”

Minusca igizwe n’abasirikare b’abapolisi barenga 15,000.

TAGGED:Centrafriquefeaturedu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jhonatan Restrepo Yegukanye Agace Ka Gatatu Ka Tour du Rwanda 2022
Next Article Ikigo Mpinduramyumvire Ku Bafite Ubumuga, Ubwenge Buruta Ubwiza…Ikiganiro N’uharanira Kuba Miss 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?