Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatumije Umuceri Mubi Muri Tanzania Barasaba Leta Guca Inkoni Izamba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abatumije Umuceri Mubi Muri Tanzania Barasaba Leta Guca Inkoni Izamba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2024 7:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro gisanze hari umuceri upima toni zirenga 700 wavanywe muri Tanzania utujuje ubuziranenge, kigaca buri mucuruzi amande angana na $10,000, ubu bararira ayo kwarika, batakamba ngo Leta ice inkoni izamba.

Baratakambira Leta ngo yumve ko batagambiriye kuzana umuceri wamenetse ngo ugaburirwe Abanyarwanda.

Si $10,000 bazacibwa gusa, ahubwo biravugwa ko bazagezwa n’imbere y’ubutabera.

Amashusho yashyizwe kuri X n’ikinyamakuru The Chronicles arerekana bamwe muri abo bacuruzi batakamba bavuga ko amafaranga bakoresheje mu gutumiza uriya muceri ndetse no bindi batumije bitaragera mu Rwanda ari inguzanyo ya Banki.

Umwe muri bo agaragara agira ati: “ Ndarota mu kanya batentereje cyamunara. Aya mafaranga ni aya Banki. Twe nimutubabarire mutwumve, ntabwo twigeze tugambirira ikintu kibi kuri uru Rwanda”.

Aba bacuruzi batakamba bavuga ko bahemukiwe n’abo baranguyeho, ko ari bo babapfunyikiye ikibiribiri, babaha umuceri wamenetse.

VIDEO – Importers who brought in impounded 740 tons Tanzanian rice, which Gov says doesn't meet regulated standards, will each pay $10,000 (Rwf 12m) fine. Tax agency RRA also says they will be prosecuted. At a meeting last week, one importer brokedown, pleading for "forgiveness" pic.twitter.com/eLE1sKPfjD

— The Chronicles (@ChroniclesRW) March 18, 2024

Ngo aho barangura nta FDA ihaba kandi ni kure cyane y’u Rwanda kuko ari mu bilometero 300 uvuye ku mupaka warwo na Tanzania.

Aba bacuruzi bari gutakamba batya, basanganywe toni 720 ziri mu makamyo 26 kandi hafi ya yose yari apakiye umuceri wamenetse kereka amakamyo atatu yonyine.

Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro Ruganintwari Pascal aherutse kubaganiriza ababwira ko u Rwanda rudashobora kwemera ko ku isoko ryarwo hazaho umuceri wapfuye.

Yababwiye ko bidashoboka kubera ko Leta ishinzwe kurinda ubuzima bw’abaturage bayo.

Mu nama yagiranye nabo mu Cyumweru gishize, Ruganintwari Pascal yababwiye ko uwo bazasuzuma bagasanga umuceri we  wujuje ibipimo byemewe ku isoko hazabaho gukosora amakuru atari yo  yari yaramutanzweho akazadohorerwa ukazanwa ku isoko.

Bamwe mu batumije uriya muceri bikaza kugaragara ko umeze nabi, bemeye amakosa yabo bavuga ko batazongera nk’ibyo bakoze.

Pascal Ruganintwari aganira n’abacuruzi bagaragaweho kiriya kibazo

Icyatangaje abashinzwe ibyinjira mu Rwanda ni ukubona handitseho ko umuceri uri mu mifuka  umeze neza ariko mu by’ukuri wigenjemo intete zamenetse.

Ibi bijya kumenyekana, byatangiye ubwo abacuruzi bo mu Rwanda binubiraga ko hari umuceri mwinshi wo mu mahanga wiganje ku isoko ry’u Rwanda.

Byateye benshi amakenga bituma n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro gihaguruka ngo kirebe ishingiro ry’ibyavugwaga.

Abayobozi bifuzaga kumenya niba abawutumiza mu mahanga bishyura imisoro uko bikwiye nyuma y’icyemezo cya Leta cyo gusonera umuceri n’ifu y’ibigori  ku musoro ku nyongeragaciro (TVA).

Ubusanzwe Itegeko rivuga ko icyiciro cya mbere cy’umuceri cyemerewe kugurishwa ku isoko ryo mu Rwanda kitagomba kurenza 5% by’umuceri umenetse, 15% ku cyiciro cya kabiri na 25% ku cyiciro cya gatatu.

Icyiciro cya mbere cy’umuceri wafatiriwe cyarimo 57% umenetse.

Ikigo Rwanda FDA cyavuze ko ubu bwoko bw’umuceri abantu badakwiriye kuburya, ahubwo ushobora gukoreshwa mu nganda cyangwa nk’ibiryo by’amatungo.

Hagati aho Guverinoma iri gusuzuma uburyo bwo gushyira mu byiciro no gusoresha umuceri hashingiwe ku bwiza bwawo.

TAGGED:AbacuruzifeaturedRwandaTanzaniaUmuceri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gahunda Y’Uko Abanyeshuri Bazataha Mu Biruhuko Bya Pasika Yatangajwe
Next Article Buri Mwimukira Uzemera Kuza Mu Rwanda Azahabwa Amapawundi 3,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?