Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abavuga Ko Nyoboza Igitugu Sinzi Icyo Babishingiraho-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abavuga Ko Nyoboza Igitugu Sinzi Icyo Babishingiraho-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2024 3:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame aherutse kubwira Le Figaro ko abamwita umunyagitugu bafite uburenganzira bwo kuvuga icyo bashaka, icyakora ngo ntazi icyo bashingiraho.

Mu ngingo nyinshi yaganiriyeho, Perezida Kagame yavuze ko abamwita umunyagitugu bafite ikibibatera, akungamo ko adashobora gusaba imbabazi z’icyo ari cyo ndetse n’icyo ateganya gukorera igihugu cye.

Yanavuze ko kuba ari Perezida w’u Rwanda ari ikintu atigeze ashyira mu migambi ye, ngo ni ibintu byaje nk’impanuka.

Ahera kuri iyo ngingo avuga ko nta muntu ushobora kugena uko ibintu bizagenda, icyakora ngo agomba gukorera u Rwanda ibiri mu nshingano ze nk’Umukuru w’igihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko muri iki gihe ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda biri ku rwego rushimishije n’ubwo hakiri urugendo kubera ubukana bw’ibyabaye mu Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda bugeze kuri 80% iyo ikaba intambwe nziza ndetse ngo na 20% isigaye nayo izagerwaho kuko ubumwe n’ubwiyunge ari urugendo rurerure.

Ati: “ Mu myaka ya 2000 nibwo twatangiye politiki yo kwishyira hamwe, Umunyarwanda wese akaba ku isonga y’iterambere ry’igihugu. Buri wese agomba kubazwa ibyo akora kugeza no ku nzego nkuru z’igihugu. Buri wese arabibazwa iyo intego yihaye atazigezeho”.

Bivuze ko ubumwe n’ubwiyunge bwagize uruhare mu iterambere u Rwanda ruri ho muri iki gihe.

Abajijwe niba ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza k’uburyo bwakwitwa ko ari igicumbi cyabwo muri Afurika, Perezida Kagame yavuze ko icyo u Rwanda rukora ari ukubyaza umusaruro ubwiza bwarwo.

- Advertisement -

Avuga ko rugerageza guha agaciro ubwiza bw’igihugu kugira ngo ruteze imbere ubukerarugendo kuko ubwo bwiza buri ku isonga ry’iterambere.

Ubuhinzi n’ikoranabuhanga nabyo biri mu byo Perezida Kagame asanga biri mu biteza imbere ubukungu.

Yongeraho ko kugira ngo ibyo bigerweho, ari ngombwa ko umutekano uganza mu gihugu hose.

Abajijwe niba hari inkunga z’Abarusiya u Rwanda rujya rusubiza inyuma, Perezida Kagame yasubije Le Figaro ko u Rwanda rwakira inkunga y’umufatanyabikorwa uwo ari we wese apfa kuba yubahiriza amategeko yarwo ariko akirinda kuruha aye.

Ku byerekeye amatora y’Umukuru w’igihugu azaba muri Nyakanga, 2024, Paul Kagame yabwiye umunyamakuru ko FPR-Inkotanyi ari yo izagena uzayihagararira muri yo.

Ati: “ Ishyaka ryanjye niryo rizafata umwanzuro niba nziyamamaza mu matora yo muri Nyakanga. Ku by’ahazaza byo ntabwo mbizi. N’iyo naba nshaka kugeza icyo gihe mu mwaka wa 2034, sinjye wo kubifataho umwanzuro njyenyine. Iby’ahazaza sinjye ubigena”.

Kubyerekeye intambara yo muri DRC, Perezida Kagame yongeye kuvuga ko ibyayo bireba abaturage ba DRC na Perezida wayo Félix Tshisekedi.

Yibutsa ko ari ikibazo cyo hambere cyane ndetse na mbere y’Ubukoloni.

Ngo byose biterwa n’ikibazo gikomeye cy’imiyoborere y’i Kinshasa kuko abayobozi ba Congo batita ku gihugu cyabo.

Perezida Kagame avuga ko abo muri M23 ari abaturage ba DRC atari ab’u Rwanda bityo ko adakwiye kubibazwa.

Ati: “Ku bindeba, nasaba Félix Tshisekedi gushyira iherezo ku bwicanyi bukorwa na FDLR, umutwe ugizwe ahanini n’intagondwa z’Abahutu, zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagahungira muri RDC. Ni ngombwa ko imvugo zihembera urwango zituruka hakurya y’imipaka zihagarara, hamwe n’ibikorwa byo gutwika abantu bikorerwa mu muhanda. Ni ibikorwa biri kubera muri Afurika yo hagati Isi yose ireba.”

Avuga ko bibabaje kuba ibi byose biri kuba kandi amahanga arebera ndetse afite ingabo za UN zimaze imyaka 25 muri DRC.

Mu kiganiro na Le Figaro, Perezida Kagame kandi yongeye gutanga umucyo ku kibazo cy’abimukira bazava mu Bwongereza; avuga ko byari ngombwa ko hashakwa igisubizo mu gukemura ikibazo cy’abimukira bapfiraga mu Nyanja ya Méditerranée.

Nyuma ngo ibintu byaje gufata indi ntera kuva ku ihirikwa rya Kadhafi n’intambara yo muri Libya.

Igitekerezo cyari ugutanga uburyo bw’inzira eshatu: aho abimukira bakirwa mu Rwanda, nyuma bakazoherezwa mu bindi bihugu nk’ibyo mu Burayi bwa ruguru, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Indi nzira avuga yari iyo gufasha abo bimukira gusubira mu bihugu byabo by’inkomoko, hanyuma iya gatatu yari uko baguma mu Rwanda ariko bigakorwa ari uko bemeye imibereho y’Abanyarwanda.

Ku byerekeye inkunga Ubwongereza bwaba bwarahaye u Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko bwafashije u Rwanda kuva mu mwaka wa 1994 kugeza n’ubu.

Avuga ko ayo masezerano nagerwaho, kabone nubwo hari abayitambitse bo mu Bwongereza, iyo nkunga iziyongera.

TAGGED:featuredKagameLe FigaroTshisekediUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abazasifura Umukino Wa APR FC Na Rayon Batangajwe
Next Article Humble Jizzo Watangiye Umuziki We Wenyine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?