Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Hafi 500 Bahaniwe Kurenga Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abayobozi Hafi 500 Bahaniwe Kurenga Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID

admin
Last updated: 12 August 2021 5:05 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko hari abayobozi 497 bamaze guhanirwa kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, barimo n’abagiye bakurwa mu nshingano.

Gatabazi yabitangaje kuri uyu wa Kane, ubwo yagarukaga ku mabwiriza avuguriye y’inama y’abaminisitiri, yatangiye kubahirizwa mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda.

Yavuze ko mu bakomeje guha icyuho ikwirakwira rya COVID-19 harimo abitwikira ko nta we ubareba bakajya mu tubari kandi tutemewe. Yavuze ko abazajya bafatwa bazahanwa, n’abayobozi babakingira ikibaba bakabibazwa.

Ati “Kugeza kuri uyu munsi tumaze guhana abakuru b’imidudugu 308, bavanwa ku nshingano. Tumaze guhana abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Tugali, bo mu Karere, bo mu Mirenge, bose hamwe uteranyije ni abantu bagera hafi kuri 497, kandi tuzakomeza tunabahane.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bayobozi bafashwe uretse abo 308 bo mu midugudu, harimo 97 bo mu karere, 52 bo mu zindi nzego, abarimu 36 na bane bo mu rwego rw’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko buri muyobozi uzarenga ku mabwiriza azabihanirwa. Gusa ngo ikigamijwe si uguhana, ni ukurengera ubuzima bw’abaturage.

Yasabye abaturage guhindura imyumvire, kuko hari n’aho byagaragaye ko bagiye bahohotera abayobozi mu gihe bakurikiranaga ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19.

Hamaze kugaragara 166, Gasabo ni yo iri imbere n’abayobozi 31 bahohotewe, Ruhango ni 21 naho Musanze ni 19.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko abarenga ku mabwiriza bakajya muri utwo tubari barimo gushyira mu kaga imiryango yabo. Yatanze urugero rw’urugo bigeze kugeramo bagasanga umugore n’abana batanu bose baranduye.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Turongera kwibutsa abaturage ko hari ukwirinda bisanzwe, gukaraba intoki, gukoreha imiti isukura intoki, gukaraba ukoresheje amazi meza, hari ibyo twamenyereye byo kwambara agapfukamunwa kandi neza, gapfutse umunwa n’amazuru, hari ibi dusobanurira abantu byo guhana intera, ariko no kutajya aho hantu hari ibyago byinshi byatuma ushobora kwandura.”

Yavuze ko nubwo muri ibi bihe resitora zemerewe kwakira abantu, zishishikarizwa gukorera hanze. Mu gihe mu nzu zizaba zakira 30% by’ubushobozi zifite bwo kwakira abantu, hanze zizajya zakira 50%.

Yavuze ko n’abakora ubukwe bashishikarizwa kujya babukorera hanze, nk’uburyo bwagabanya ibyago byo kwanduzanya, kurusha ahantu hafunganye.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko amabwiriza ya leta yorohejwe kugira ngo ubukungu bukomeze, bityo abantu bakwiye kurushaho kwitwararika kuko hari abantu benshi bamaze igihe badakora.

TAGGED:AbayobozifeaturedGatabazi JMV
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatarikingije COVID-19 Bashobora Kuzakumirwa Henshi Muri Kigali
Next Article Islamic State Yikomye U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?