Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Hafi 500 Bahaniwe Kurenga Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abayobozi Hafi 500 Bahaniwe Kurenga Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID

admin
Last updated: 12 August 2021 5:05 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko hari abayobozi 497 bamaze guhanirwa kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, barimo n’abagiye bakurwa mu nshingano.

Gatabazi yabitangaje kuri uyu wa Kane, ubwo yagarukaga ku mabwiriza avuguriye y’inama y’abaminisitiri, yatangiye kubahirizwa mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda.

Yavuze ko mu bakomeje guha icyuho ikwirakwira rya COVID-19 harimo abitwikira ko nta we ubareba bakajya mu tubari kandi tutemewe. Yavuze ko abazajya bafatwa bazahanwa, n’abayobozi babakingira ikibaba bakabibazwa.

Ati “Kugeza kuri uyu munsi tumaze guhana abakuru b’imidudugu 308, bavanwa ku nshingano. Tumaze guhana abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Tugali, bo mu Karere, bo mu Mirenge, bose hamwe uteranyije ni abantu bagera hafi kuri 497, kandi tuzakomeza tunabahane.”

Mu bayobozi bafashwe uretse abo 308 bo mu midugudu, harimo 97 bo mu karere, 52 bo mu zindi nzego, abarimu 36 na bane bo mu rwego rw’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko buri muyobozi uzarenga ku mabwiriza azabihanirwa. Gusa ngo ikigamijwe si uguhana, ni ukurengera ubuzima bw’abaturage.

Yasabye abaturage guhindura imyumvire, kuko hari n’aho byagaragaye ko bagiye bahohotera abayobozi mu gihe bakurikiranaga ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19.

Hamaze kugaragara 166, Gasabo ni yo iri imbere n’abayobozi 31 bahohotewe, Ruhango ni 21 naho Musanze ni 19.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko abarenga ku mabwiriza bakajya muri utwo tubari barimo gushyira mu kaga imiryango yabo. Yatanze urugero rw’urugo bigeze kugeramo bagasanga umugore n’abana batanu bose baranduye.

Yakomeje ati “Turongera kwibutsa abaturage ko hari ukwirinda bisanzwe, gukaraba intoki, gukoreha imiti isukura intoki, gukaraba ukoresheje amazi meza, hari ibyo twamenyereye byo kwambara agapfukamunwa kandi neza, gapfutse umunwa n’amazuru, hari ibi dusobanurira abantu byo guhana intera, ariko no kutajya aho hantu hari ibyago byinshi byatuma ushobora kwandura.”

Yavuze ko nubwo muri ibi bihe resitora zemerewe kwakira abantu, zishishikarizwa gukorera hanze. Mu gihe mu nzu zizaba zakira 30% by’ubushobozi zifite bwo kwakira abantu, hanze zizajya zakira 50%.

Yavuze ko n’abakora ubukwe bashishikarizwa kujya babukorera hanze, nk’uburyo bwagabanya ibyago byo kwanduzanya, kurusha ahantu hafunganye.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko amabwiriza ya leta yorohejwe kugira ngo ubukungu bukomeze, bityo abantu bakwiye kurushaho kwitwararika kuko hari abantu benshi bamaze igihe badakora.

TAGGED:AbayobozifeaturedGatabazi JMV
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatarikingije COVID-19 Bashobora Kuzakumirwa Henshi Muri Kigali
Next Article Islamic State Yikomye U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?