Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abikorera Barasabwa Kumenya Amabwiriza Y’Ubuziranenge Agenga Uburinganire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Abikorera Barasabwa Kumenya Amabwiriza Y’Ubuziranenge Agenga Uburinganire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2024 7:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rushinzwe guteza imbere ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore rurasaba abikorera ku giti cyabo kumenya no gushyira mu bikorwa amabwiriza agenga ubuziranenge mu by’uburinganire.

Umugenzuzi mukuru wungirije w’uru rwego Frolien Rurihose avuga ko n’ubwo iri hame bigaragara ko ryumviswe muri rusange ariko mu bikorera ku giti cyabo hagomba kongerwamo imbaraga.

Kugira ngo iri hame rijyanye n’ubuziranenge mu by’uburinganire rirusheho kumenyakana, urwego rw’igihugu rushinzwe guteza imbere ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge, Rwanda Standards Board n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere, batangijeho ubukangurambaga.

Bizakorerwa mu Turere dutandukanye tw’u Rwanda mu bigo by’abikorers kugira harebwe uko bashyira ririya hame mu bikorwa no kubabaza aho babona hashyirwa imbaraga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rurigose Frolien avuga ko mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe ihame ry’uburinganire ryumviswe n’ubwo kuricengeza mu bantu bigikenewe.

Ati: ” Muri ubu bukangurambaga tuzabwira abantu iby’ayo mabwiriza mashya agenga ubuziranenge mu by’uburinganire mu bigo by’abikorera ndetse n’ibigo bimwe na bimwe bya Leta byabaye indashyikirwa mu kubahiriza no gushyira mu bikorwa ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore”.

Gatera Emmanuel ushinzwe ishami rishyiraho amabwiriza y’ubuziranenge mu kigo RSB avuga ko amajyambere y’u Rwanda atagomba kugira uwo asiga inyuma.

Avuga ko kugira ngo iterambere ry’u Rwanda rirambe ari ngombwa ko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore naryo kibumbatirwe.

Asobanura ko mu bihe bitandukanye, byagaraye ko ari ngombwa ko uwo ari we wese wifuza gushyira mu bikorwa ihame ry’uburinganire agomba kuba afite inyandiko iriho amabwiriza y’ubuziranenge agomba gukurikizwa.

- Advertisement -

Ngo kuva mu mwaka wa 2020 ari bwo hatangiye gutekerezwa uko hakorwa amabwiriza y’ubuziranenge mu by’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore.

Nyuma yo kuyashyiraho ngo harebwe niba ayo mabwiriza ntawe azagiraho ingaruka mu bazayakoresha.

Gatera yavuze ko ari ngombwa ko abantu bamenya ayo mabwiriza kuko kutayamenya bituma batayubahiriza.

Sina Gerald ufite ikigo cy’ubucurizi ki

Abakozi barasabwa kubahiriza iri bwiriza

ri mu Karere ka Rulindo avuga ko iryo hame arikurikiza mu mikorere ye kandi ngo kuba bikunda ni uko ari politiki ya Leta igamije ko buri wese yungukira mu ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore.

Amabwiriza agenga ubuziranenge mu by’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore yashyizweho taliki 30, Werurwe, 2023.

Umuntu wese uyashatse ajya ku kicaro cya RSB akayagura.

Ipaji igurwa Frw 1500 ni ukuvuga $1 rirengaho macye, bityo icyo gitabo cyose kikagurwa Frw 33,000.

TAGGED:featuredIhameUbukangurambagaUburinganire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzara Yugarije Afurika y’Uburasirazuba
Next Article Hamas Irashinjwa Kongera Kurasa Muri Israel 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?