Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Abishe’ Laurent-Desiré Kabila bababariwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Abishe’ Laurent-Desiré Kabila bababariwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2021 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Felix Tshisekedi yahaye imbabazi abantu bose bahamijwe uruhare mu rupfu rwa Laurent- Desiré Kabila wayoboye Repubulika ya Demukarasi ya Kongo guhera muri 1997 kugeza muri 2001 ubwo yapfaga arashwe. Abahawe imbabazi barimo Col Eddy Kapend na bagenzi be 28.

Icyemezo cya Perezida Tshisekedi gihinyuje ibyo yari yarasabwe n’uwo yasimbuye akaba ari n’umuhungu wa Laurent Desire Kabila witwa Joseph Kabila.

Yari yaramusabye  kutazarekura bariya bantu.

Ku ikubitiro abantu 39 nibo bafashwe bakurikiranwaho uruhare mu iraswa n’iyicwa rya Muzehe  Kabila, muri bo 11 baguye muri gereza hasigara 28.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muzehe Laurent Desiré Kabila yapfuye arashwe tariki  16, Mutarama, 2001.

Abazwi cyane mu bafunzwe bamaze kwemezwa icyaha n’inkiko ni Col Eddy Kapend wahoze ari Umugaba mukuru w’ingabo za DRC, uwahoze ari umujyanama wihariye mu by’umutekano witwa Nono Lutula na Georges Leta wahoze ashinzwe urwego rw’iperereza muri kiriya gihugu hamwe n’abandi.

Perezida Tshisekedi yafashe umwanzuro wo kubarekura, bagatangira umwaka wa 2021 bidegembya.

Inkiko zari zarabakatiye gufungwa burundu ariko Col Kapend na bagenzi be bahakana uruhare urwo arirwo rwose mu rupfu rwa Muzehe Kabila, Se wa Joseph.

Imiryango ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu yari imaze imyaka myinshi ivuga ko ziriya mfungwa zifunzwe mu buryo butubahiriza uburenganzira bwa muntu, igasaba ko barekurwa.

- Advertisement -

Muri yo harimo umuryango witwa Bill Clinton Foundation For Peace n’indi.

Bivugwa ko muri gereza aho bari bafungiye bari babayeho nabi kandi imibiri yaracitse intege.

Bari bafungiwe muri gereza nkuru  ya Makala iri i Kinshasa.

Perezida Tshisekedi kandi yahaye imbabazi abantu bose bari barahamijwe ibyaha bagakatirwa urwo gupfa.

Ku rundi ruhande ariko ntiyababariye abantu bahamijwe ibyaha birimo ibyo kunyereza umutungo wa Leta.

Umwe muri aba ni Bwana Vital Kamerhe wigeze kumubera umuyobozi w’Ibiro bye akaza guhamwa n’ibyaha birimo ibyo kunyereza miliyoni nyinshi z’amadolari y’Amerika zari zigenewe kubaka ibikorwa remezo mu minsi 100 yakurikiye itorwa rya Felix Tshisekedi.

Col Kapend
TAGGED:DRCfeaturedKabilaKapendTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Bacukura Zahabu rwihishwa bakayigurisha ku bakire b’i Kigali
Next Article Karongi: Ab’i Bwishyura batubwiye ibya RDF/Marine na Paul Muvunyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?