Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Abishe’ Laurent-Desiré Kabila bababariwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Abishe’ Laurent-Desiré Kabila bababariwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2021 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Felix Tshisekedi yahaye imbabazi abantu bose bahamijwe uruhare mu rupfu rwa Laurent- Desiré Kabila wayoboye Repubulika ya Demukarasi ya Kongo guhera muri 1997 kugeza muri 2001 ubwo yapfaga arashwe. Abahawe imbabazi barimo Col Eddy Kapend na bagenzi be 28.

Icyemezo cya Perezida Tshisekedi gihinyuje ibyo yari yarasabwe n’uwo yasimbuye akaba ari n’umuhungu wa Laurent Desire Kabila witwa Joseph Kabila.

Yari yaramusabye  kutazarekura bariya bantu.

Ku ikubitiro abantu 39 nibo bafashwe bakurikiranwaho uruhare mu iraswa n’iyicwa rya Muzehe  Kabila, muri bo 11 baguye muri gereza hasigara 28.

Muzehe Laurent Desiré Kabila yapfuye arashwe tariki  16, Mutarama, 2001.

Abazwi cyane mu bafunzwe bamaze kwemezwa icyaha n’inkiko ni Col Eddy Kapend wahoze ari Umugaba mukuru w’ingabo za DRC, uwahoze ari umujyanama wihariye mu by’umutekano witwa Nono Lutula na Georges Leta wahoze ashinzwe urwego rw’iperereza muri kiriya gihugu hamwe n’abandi.

Perezida Tshisekedi yafashe umwanzuro wo kubarekura, bagatangira umwaka wa 2021 bidegembya.

Inkiko zari zarabakatiye gufungwa burundu ariko Col Kapend na bagenzi be bahakana uruhare urwo arirwo rwose mu rupfu rwa Muzehe Kabila, Se wa Joseph.

Imiryango ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu yari imaze imyaka myinshi ivuga ko ziriya mfungwa zifunzwe mu buryo butubahiriza uburenganzira bwa muntu, igasaba ko barekurwa.

Muri yo harimo umuryango witwa Bill Clinton Foundation For Peace n’indi.

Bivugwa ko muri gereza aho bari bafungiye bari babayeho nabi kandi imibiri yaracitse intege.

Bari bafungiwe muri gereza nkuru  ya Makala iri i Kinshasa.

Perezida Tshisekedi kandi yahaye imbabazi abantu bose bari barahamijwe ibyaha bagakatirwa urwo gupfa.

Ku rundi ruhande ariko ntiyababariye abantu bahamijwe ibyaha birimo ibyo kunyereza umutungo wa Leta.

Umwe muri aba ni Bwana Vital Kamerhe wigeze kumubera umuyobozi w’Ibiro bye akaza guhamwa n’ibyaha birimo ibyo kunyereza miliyoni nyinshi z’amadolari y’Amerika zari zigenewe kubaka ibikorwa remezo mu minsi 100 yakurikiye itorwa rya Felix Tshisekedi.

Col Kapend
TAGGED:DRCfeaturedKabilaKapendTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Bacukura Zahabu rwihishwa bakayigurisha ku bakire b’i Kigali
Next Article Karongi: Ab’i Bwishyura batubwiye ibya RDF/Marine na Paul Muvunyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?