Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Affaire y’Amafumbire: Ibya MINAGRI Na Itegeri Birimo Umwihariko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Affaire y’Amafumbire: Ibya MINAGRI Na Itegeri Birimo Umwihariko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2020 5:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari ba rwiyemezamirimo n’abantu ku giti cyabo MINAGRI ivuga ko banyereje ifumbire bagera kuri 19.

Bose uko bakabaye barimo Leta umwenda wa  Frw 9.016.018.268. Ikigo cya Itegeri Dieudonné kitwa SOPAV kirimo MINAGRI amafaranga menshi kurusha abandi kuko gifitiye Leta Frw 2.460.872.371.

Ibaruwa Taarifa ifite yerekana ko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yigeze kwemera inzira y’ubwumvikane yasabwe na Bwana Itegeri Dieudonné  mu kirego kiregera indishyi yaburanaga nayo mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.

Icyo gihe ibaruwa yasinywe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Bwana Jean Claude Musabyimana yarangiye ivuga ko iriya Minisiteri yishimira ubufatanye MINIJUST idahwema kubagaragariza.

Kuba Itegeri ari we uregwa kuberamo Leta amafaranga menshi hanyuma Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(ihagarariye Leta muri uru rubanza) ikemerako baganira bakumvikana ariko abandi nabo bayifitiye umwenda ntibahabwe ariya mahirwe byakwibazwaho.

Ikindi ni uko Itegeri Dieudonné yarekuwe, ariko abandi babereye mo umwenda Leta kandi nabo barwaye ndetse byaremejwe n’abaganga ntibafungurwe.

Taarifa yabajije Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Bwana Jean Claude Musabyimana impamvu bemeye buriya bwumvikane na Itegeri nk’uko babyemereye MINIJUST adusubiza mu buryo bukurikira:

Ati: “ Hari ubwo nigeze nkugenera Kopi?  Ibintu biri mu butabera sinabivugira mu binyamakuru. Hari abo nandikiye si ngombwa ko mbyisobanuraho mu binyamakuru. Ni affaire iri mu butabera.”

Kopi y’ibaruwa yasinywe na PS Musabyimana

Raporo yakozwe n’abatekinisiye b’inzego za Leta zirimo RAB, RIB, RNP n’izindi ku ipaji yayo ya 14 handitse ko mu bantu inzego zigomba kudakurikirana hatari mo Itegeri Dieudonné.

Iriya raporo ivuga ko SOPAV ya Itegeri yakoreye mu turere 16 ari two: Kirehe, Ngoma, Kayonza, Gatsibo, Nyagatare, Rwamagana, Bugesera, Nyaruguru, Nyamagabe, Huye, Nyanza, Gisagara, Rusizi, Nyamasheke, Karongi na Gicumbi.

Yahawe ifumbire ifite agaciro ka Frw 5. 378.984.198 ariko nyuma yo kubarirwa basanga ifite umwenda wa Frw 2.460.872.371.

Kuba habaho ubwumvikane hagati ya Leta n’uyu mushoramari akishyura amafaranga ayirimo ubwabyo si bibi nk’uko Me Canisius Karake yabitubwiye.

Ahateye kwibaza ni uburyo MINAGRI igirana ibiganiro nawe gusa kandi hari n’abandi bavugwa ko bagize ruhare mu kunyereza iriya fumbire.

Urutonde rw’abarimo umwenda MINAGRI
TAGGED:featuredIfumbireItegeriMusabyimanaNkubiriSOPAV
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Bashinja Umukozi w’Umurenge Kubasaba Ruswa Yo Kubaka, Akabihinduka
Next Article Paul Muvunyi Yitabye Ubushinjacyaha, Aracyafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?