Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Ikeneye Urubyiruko Rufite Ubuzima Buzira Umuze- Jeannette Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Ikeneye Urubyiruko Rufite Ubuzima Buzira Umuze- Jeannette Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 9:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Madamu Jeannette Kagame avuga ko urubyiruko rufite ubuzima bwiza ari rwo rwiga kandi rukiteza imbere.

Hari mu ijambo yagejeje ku bahungu n’abakobwa bagera ku 1000 bari bitariye inama yabahurije mu Intare Arena.

Ku rundi ruhande ariko, avuga ko urubyiruko rugomba kwitonda muri iki gihe kuko ari igihe kidasanzwe.

Ntigisanzwe kubera ko kirimo ibintu bikomeye bisa n’aho bitegeze bibaho.

Muri ibyo icy’ingenzi ni ingaruka ziva ku mihindagurikire y’ikirere.

Intambara zo zahozeho ariko umwihariko w’iz’ubu ni uko hari ubwoba ko zishobora no gukoreshwamo intwaro za kirimbuzi.

Jeannette Kagame avuga ko uko byaba bimeze kose, urubyiruko rugomba kwitondera ibiba muri iki gihe, gukirinda ko byarubuza iterambere ruharanira ubudatuza.

Ati: “ N’ubwo ibintu bigaragara nk’ibikomeye ndetse cyane, ariko ntabwo isi igiye kurangira.”

Yavuze ko isi iri mu bibazo bikomeye k’uburyo ushobora gukeka ko isi iri hafi kurangira.

Intambara, guhindagurika kw’ikirere, ibiciro bizamuka n’ibindi bibazo biri ku isi…byose bigira ingaruka ku mibereho n’imyitwarire ya muntu ariko ngo urubyiruko ntirukwiye gukuka umutima.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abakuru babereyeho kwereka inzira abakiri bato no kubabera icyitegererezo.

Avuga ko u Rwanda ruzakomeza kwita ku bana barwo.

Ku rundi ruhande, avuga ko n’ubwo urubyiruko rugaragara nk’abantu bafite imbaraga, ariko hari ibibazo rucamo  bikomeye kandi akenshi abantu bakuru batamenya.

Ni inama yahuje urubyiruko rwo muri Afurika

Avuga ko iyo umuntu akoze agamije gutera imbere no kugera kuri byinshi byiza, abigeraho kandi ko kwiheba nta musaruro biha nyirabyo.

Yanavuze ko uburyo bwiza bwo gufasha urubyiruko kuzagera ku byiza by’ejo hazaza ari uko rufashwa kwiga.

Ngo igihugu gituwe n’abantu bize ntikibura amafaranga yo gushora mu burezi.

Avuga ko Imbuto Foundation yashinzwe muri uwo mujyo kugira ngo ifashe abana b’u Rwanda kwiga.

 

TAGGED:featuredJeannetteKagameRwandaYouth
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Ubwiyongere Bw’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Buhagaze Mu Rwanda
Next Article Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?