Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aho Imitekerereze Y’Abanyabwenge Itandukanira N’Iy’Abantu Basanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Aho Imitekerereze Y’Abanyabwenge Itandukanira N’Iy’Abantu Basanzwe

admin
Last updated: 30 August 2021 4:39 pm
admin
Share
SHARE

Ubusanzwe abantu hafi ya bose baratekereza, cyeretse abafite ibibazo byatewe n’imisusire(physiology) y’ubwonko bwabo cyangwa se byatewe n’uburwayi bwabafashe bakuze butewe n’ibiyobyabwenge cyangwa ibindi.

Akenshi abantu batekereza mu buryo busanzwe, usanga bareba ibintu bito bito, bakita ku ishusho nto y’ibintu mu gihe abahanga cyane bo bareba ishusho rusange y’ibintu.

Abanyabwenge bwinshi ntibatinda bibaza impamvu ikintu runaka kitariho ahubwo bafata umwanya wabo bakibaza icyakorwa ngo kibeho.

Bo batinda k’ukurema ibintu kurusha gutinda ku kwibaza impamvu bitari ho, kuko yo baba barayibonye kare!

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibanga ryabo ni ‘ukumenya uburyo bwiza bwo gutekereza’ kurusha ‘kumenya gutekereza ubwabyo.’

Nibyo uzumva bita ‘creativity’.

Ibi ariko si uguhanga udushya nk’uko bijya bivugwa kuko guhanga agashya( innovation) byo bivuga guhanga akantu gashya ushingiye ku kintu cyari gisanzweho.

Abanyabwenge baricara bagatekereza k’uburyo icyo batekereje kiza ari igisubizo cy’ibintu byinshi icyarimwe.

Muri uku gutekereza kwabo nibwo bahanga ikintu kidasanzwe urugero nk’ibisobanuro birambuye by’impamvu z’ibintu runaka byabaye inshoberamahanga haba mu ndimi, mu bumenyi, mu ikoranabuhanga no mu zindi nzego z’ubumenyi n’ubuhanga.

- Advertisement -

Ibi bisobanuro biba bikubiye mucyo bita ‘theory’.

Iyo ibi bisobanuro barangije kubikora, basuzuma ishingiro ryabyo, bakabigeza ku bandi bahanga, byagaragara ko ishingiro ryabyo ritemeje buri wese, ntibibaca intege ahubwo barataha bakongera bakagerageza kuzageza ubwo bageze ku ntego yabo.

Abavandimwe babiri bakoze imashini ishobora kuguruka bitwa Wright Brothers bayiteranyije igihe kirekire ariko umunsi bagiye kuyigurutsa, yarahanutse igwa hasi irasandara!

Ubyumvise wacyeka ko bahise bacika intege ariko siko byagenze. Barakomeje kugeza ubwo bageze ku ntego yabo, iyi ikaba ari yo sekuruza w’indege zose tubona ubu.

Abanyabwenge bose muzi harimo Newton, Mozard, Einstein, Aristotle n’abandi, bose icyo bari bahuriyeho ni ukudacika intege no kutareba utuntu duto.

Bo bagira ubushobozi bwo kurenga ibigaragarira amaso y’umuntu usanzwe, ahubwo bakabona ibindi binini kandi bifite ubusobanuro bwimbitse kurushaho.

Iyo niyo mpamvu ibisobanuro byabo biza bitanga igisubizo ku bintu byinshi kandi bifitanye isano.

Ubuhanga bugezweho muri iki igihe bwitwa Genetics, bwagezweho biturutse ku bumenyi bwateranyijwe n’umugabo witwa Gregor Mendel washoboye gusobanura isano hagati y’imibare n’ibinyabuzima.

Agace yakomotsemo ubu ni muri Repubulika ya Tchèque.

Mu magambo avunaguye, abanyabwenge( geniuses) ni abantu bazi uburyo  bwiza( how) bwo gutekereza kurusha kumenya icyo(what) gutekerezaho.

TAGGED:AbanyabwengeEinsteinGutekerezaMozardRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Ethiopia Bihuzwa N’Iki?
Next Article Abantu 33 Bakurikiranyweho Gutwara Ibinyabiziga Banyoye Ibisindisha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyishimo Bitandukaniye He N’Umunezero?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?