Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel Africa Na UNICEF Bigiye Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Myigire Mu Bihugu Birimo u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Airtel Africa Na UNICEF Bigiye Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Myigire Mu Bihugu Birimo u Rwanda

admin
Last updated: 01 November 2021 4:08 pm
admin
Share
SHARE

Airtel Africa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) basinye amasezerano y’ubufatanye y’imyaka itanu, agamije kwihutisha ikoranabuhanga mu myigire muri Afurika binyuze mu kugeza internet ku mashuri, ndetse abanyeshuri bakabasha kubona gahunda z’amasomo ku buntu.

Ni gahunda izakorerwa mu bihugu 13 bitandukanye bya Afurika birimo u Rwanda.

Ni gahunda yitezweho gufasha cyane abanyeshuri bakennye kuko izatanga uburyo bufite ireme bwo kwiga kuri bose, ku buryo buri mwana azagira amahirwe yo kubyaza umusaruro ubushobozi bwe.

Airtel Africa nk’ikigo gikomeye mu itumanaho na serivisi z’imari kuri telefoni muri Afurika, ni cyo cya mbere cyigenga gitanze amafaranga menshi muri gahunda ya ‘Reimagine Education’, yatangijwe na UNICEF mu 2020.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igamije guhamagarira inzego za leta n’iz’abikorera gushora imari mu buryo bwo kwiga bukoresha ikoranabuhanga bukenewe kandi bwafasha buri mwana hirya no hino ku isi.

Bwitezweho gufasha abana bose gukomeza amasomo muri ibi bihe bikomeye by’icyorezo cya COVID-19.

Umuyobozi wa UNICEF muri Afurika, Henrietta Fore yavuze kuri miliyoni amagana menshi z’abana muri Afurika, amasomo yabo yahungabanye cyangwa akaba ahagaritswe kubera icyorezo cya COVID-19.

Ati “Mu guharanira uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga ku bana muri Afurika, ubu bufatanye na Airtel Africa buzatuma kwiga kw’abana bisubira ku murongo.”

Biteganywa ko muri iyi gahunda y’imyaka itanu, Airtel Africa izatanga miliyoni $57 kugeza mu mwaka wa 2027. Ni amafaranga agera muri miliyari 58 Frw.

- Advertisement -

Iyo gahunda izita ku guteza imbere ikoranabuhanga n’indi nkunga ikenewe mu kugeza internet ku mashuri n’abaturage basanzwe, no gufasha abanyeshuri kubona ku buntu amasomo atandukanye atangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Izanafasha UNICEF kubona amakuru akenewe ajyanye no kwagura gahunda yo kwiga mu buryo bw’ikoranabuhanga no kunoza uburyo bwatuma irushaho guhaza ibyifuzo by’abanyeshuri bo muri Afurika.

Umuyobozi Mukuru wa Airtel Africa, Olusegun Ogunsanya, yavuze nk’ikigo gikora ubucuruzi, bafata uburezi nk’urwego rw’ingenzi muri gahunda batera inkunga.

Ati “Dushishimishijwe cyane no kuba ubu bufatanye na UNICEF buzadufasha kwihutisha uburyo tugera ku ntego. Inahuye n’itangira rya gahunda yacu yo gukora mu buryo burambye, igaragaza neza uburyo dushyize imbere uburezi.”

“Dushimishijwe no gufatanya na UNICEF mu guteza imbere uburezi kuri uyu mugabane binyuze mu koroshya uburyo bwo kubona internet n’amasomo yo mu ikoranabuhanga, byose bigamije kuzana impinduka.

Ibindi bihugu iyi gahunda izageramo ni Chad, Congo, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gabon, Kenya, Madagascar, Malawi, Niger, Nigeria, Tanzania, Uganda na Zambia.

 

TAGGED:Airtel AfricafeaturedHenrietta ForeUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Ngirente Yitabiriye Inama K’Ukurengera Ibidukikije Ku Isi
Next Article Abasirikare 1000 Ba Guinea Bashyizwe Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?