Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akarere Ka Gisagara Kahakanye Ko Nta Muturage Wimwe Ibiribwa By’Ingoboka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Akarere Ka Gisagara Kahakanye Ko Nta Muturage Wimwe Ibiribwa By’Ingoboka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2022 1:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu minsi mike ishize, hari abaturage bo mu Murenge wa Save babwiye itangazamakuru ko mu gusaranganya ibiribwa bigenewe abaturage bashonje, habayemo uburiganya, ibiribwa bihabwa abo bitagenewe.

Byari ibiribwa byo kugoboka abagizweho n’ingaruka n’izuba ryavuye igihe kirekire.

Abo baturage babwiye itangazamakuru ko batishimiye uko biriya biribwa byatanzwe kuko ngo hari harimo ubusumbane bukabije  mu bwinshi bw’ibyo ingo zagenerwaga.

Abari bakwiye kubihabwa sibo babihawe kandi ngo byatanzwe mu kigero kidashyize mu gaciro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari abavuze ko mu babihawe hari harimo ‘n’abafite inzu nziza.’

Ibyo bise ubusumbane byaje gukurura umujinya watumye bamwe bajya gupfumura inzu y’uwari ushinzwe kubisaranganya.

Radio/TV 1 batangaje ko hari abaturage benshi binubiye iki kibazo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara hari icyo bwabivuzeho…

Ku rukuta rwa Twitter rw’Akarere ka Gisagara, ubuyobozi bwako bwamaganye ibyavuzwe haruguru, buvuga ko utatumira umuntu ngo aze umuhe inkunga hanyuma naza ubonereko kumukubita.

- Advertisement -

Haranditse hati: “…Urakoze TV1 Rwanda kuba ijisho ry’abaturage no gufatanya n’ubuyobozi ngo umuturage agubwe neza. Ariko inkunga y’ibiribwa bayihawe neza nk’uko byari biteganyijwe kuko ntiwatumira umuntu kumuha inkunga ngo unamukubite…”

Bwasabye abakozi ba kiriya gitangazamakuru ko bagomba gushishoza neza bakareba niba uwabahaye amakuru atarababeshye.

Urakoze @TV1Rwanda kuba ijisho ry'Abaturage no gufatanya n'ubuyobozi ngo umuturage agubwe neza.
Ariko inkunga y'ibiribwa bayihawe neza nk'uko byari biteganyijwe kuko ntiwatumira umuntu kumuha inkunga ngo unamukubite.

Umwaka mushya muhire 2023.@RwandaSouth @JRutaburingoga pic.twitter.com/NjIBvBKfmi

— Gisagara District (@GisagaraDistr) December 31, 2022

Hagati aho, ubuyobozi bwa Gisagara buherutse gutangaza ko buriya bufasha bwari bugenewe abaturage barumbije, ‘bigaragara ko bafite ubushobozi buke’ kurusha abandi.

Ngo ni ubufasha bwatanzwe hagendewe ku mubare w’abantu bagize umuryango.

Ibiribwa byatanzwe ni ibishyimbo n’ibigori.

Mu minsi ishize, Taarifa yanditse inkuru itabariza abaturage ko bashonje kubera kurumbya.

Amakuru yaturukaga mu Turere tw’u Rwanda avuga ko abaturage barumbije bakaba bashonje.

Mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyanza, Huye, Rwamagana, Gatsibo n’ahandi mu Rwanda,  abaturage baherutse  gutaka inzara batewe n’amapfa yakuruwe n’imvura yaguye nabi.

Bateye imbuto bizeye ko izera ikabavanayo ariko ngo nayo yumiye mu murima.

Ibi byatumye hari bamwe biheba bumva ko umwaka utaha bazarushaho gusonza ndetse bakanasuhuka bakajya kureba iyo bweze.

Amakuru avuga ko hari n’ahandi mu Rwanda hatanzwe cyangwa se hateganywa kuzatangwa ibiribwa mu gihe kiri imbere.

I Nyanza, Huye, Barataka Inzara, Gatsibo Ni Uko, Rwamagana Ni Uko… Ikibazo Kiri Henshi

TAGGED:featuredGisagaraInzaraMinisiteriUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Benedigito XVI Yapfuye
Next Article Kicukiro: Umugabo Wari Warahahamuye Abaturage Yarafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?