Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akarere Ka Gisagara Kahakanye Ko Nta Muturage Wimwe Ibiribwa By’Ingoboka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Akarere Ka Gisagara Kahakanye Ko Nta Muturage Wimwe Ibiribwa By’Ingoboka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2022 1:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu minsi mike ishize, hari abaturage bo mu Murenge wa Save babwiye itangazamakuru ko mu gusaranganya ibiribwa bigenewe abaturage bashonje, habayemo uburiganya, ibiribwa bihabwa abo bitagenewe.

Byari ibiribwa byo kugoboka abagizweho n’ingaruka n’izuba ryavuye igihe kirekire.

Abo baturage babwiye itangazamakuru ko batishimiye uko biriya biribwa byatanzwe kuko ngo hari harimo ubusumbane bukabije  mu bwinshi bw’ibyo ingo zagenerwaga.

Abari bakwiye kubihabwa sibo babihawe kandi ngo byatanzwe mu kigero kidashyize mu gaciro.

Hari abavuze ko mu babihawe hari harimo ‘n’abafite inzu nziza.’

Ibyo bise ubusumbane byaje gukurura umujinya watumye bamwe bajya gupfumura inzu y’uwari ushinzwe kubisaranganya.

Radio/TV 1 batangaje ko hari abaturage benshi binubiye iki kibazo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara hari icyo bwabivuzeho…

Ku rukuta rwa Twitter rw’Akarere ka Gisagara, ubuyobozi bwako bwamaganye ibyavuzwe haruguru, buvuga ko utatumira umuntu ngo aze umuhe inkunga hanyuma naza ubonereko kumukubita.

Haranditse hati: “…Urakoze TV1 Rwanda kuba ijisho ry’abaturage no gufatanya n’ubuyobozi ngo umuturage agubwe neza. Ariko inkunga y’ibiribwa bayihawe neza nk’uko byari biteganyijwe kuko ntiwatumira umuntu kumuha inkunga ngo unamukubite…”

Bwasabye abakozi ba kiriya gitangazamakuru ko bagomba gushishoza neza bakareba niba uwabahaye amakuru atarababeshye.

Urakoze @TV1Rwanda kuba ijisho ry'Abaturage no gufatanya n'ubuyobozi ngo umuturage agubwe neza.
Ariko inkunga y'ibiribwa bayihawe neza nk'uko byari biteganyijwe kuko ntiwatumira umuntu kumuha inkunga ngo unamukubite.

Umwaka mushya muhire 2023.@RwandaSouth @JRutaburingoga pic.twitter.com/NjIBvBKfmi

— Gisagara District (@GisagaraDistr) December 31, 2022

Hagati aho, ubuyobozi bwa Gisagara buherutse gutangaza ko buriya bufasha bwari bugenewe abaturage barumbije, ‘bigaragara ko bafite ubushobozi buke’ kurusha abandi.

Ngo ni ubufasha bwatanzwe hagendewe ku mubare w’abantu bagize umuryango.

Ibiribwa byatanzwe ni ibishyimbo n’ibigori.

Mu minsi ishize, Taarifa yanditse inkuru itabariza abaturage ko bashonje kubera kurumbya.

Amakuru yaturukaga mu Turere tw’u Rwanda avuga ko abaturage barumbije bakaba bashonje.

Mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyanza, Huye, Rwamagana, Gatsibo n’ahandi mu Rwanda,  abaturage baherutse  gutaka inzara batewe n’amapfa yakuruwe n’imvura yaguye nabi.

Bateye imbuto bizeye ko izera ikabavanayo ariko ngo nayo yumiye mu murima.

Ibi byatumye hari bamwe biheba bumva ko umwaka utaha bazarushaho gusonza ndetse bakanasuhuka bakajya kureba iyo bweze.

Amakuru avuga ko hari n’ahandi mu Rwanda hatanzwe cyangwa se hateganywa kuzatangwa ibiribwa mu gihe kiri imbere.

I Nyanza, Huye, Barataka Inzara, Gatsibo Ni Uko, Rwamagana Ni Uko… Ikibazo Kiri Henshi

TAGGED:featuredGisagaraInzaraMinisiteriUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Benedigito XVI Yapfuye
Next Article Kicukiro: Umugabo Wari Warahahamuye Abaturage Yarafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?