Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akazi Muri Miss World 2021 ‘Katangiye’, Miss Rwanda Ariteguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Akazi Muri Miss World 2021 ‘Katangiye’, Miss Rwanda Ariteguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2021 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyampinga w’u Rwanda akaba anaruhagarariye mu marushwa y’ubwiza yitwa Miss World  ari we Grace Ingabire yatangiye gukorana na bagenzi be bahuriye muri ririya rushanwa.

Gukorana kwabo gushingiye ku ngingo y’uko n’ubwo bari mu irushanwa ariko ni abakobwa bagenzi be, bagomba gukorana bya hafi bakabana kivandimwe.

Ingabire ari mu irushanwa riri kubera muri Puerto Rico.

Ryahuje abakobwa batwaye amakamba y’ubwiza mu bihugu byabo mu mwaka wa 2018 na 2019.

Ku rubuga rw’abategura ririya rushanwa handitseho ko ‘akazi katangiye’.

Ikamba rya Miss World muri iki gihe rifitwe na Toni-Ann Singh ukomoka muri Jamaica.

Ann Singh ni umukobwa wa kane ukomoka muri Jamaica wegukanye ririya kamba ndetse ni nawe wagize amahirwe yo kurimarana igihe kuko arifite guhera mu mwaka wa 2019.

Ikamba rya Miss World muri iki gihe rifitwe na Toni-Ann Singh ukomoka muri Jamaica.

Ann Singh na mugenzi we wamubanjirije mu gutwara ririya kamba witwa Silvia Vanessa Ponce de León Sánchez nibo baje guha ikaze barumuna babo baturutse imihanda yose baje guhatanira ririya kamba.

Miss w’u Rwanda Grace Ingabire yageze muri Puerto Rico tariki 21, Ugushyingo, 2021.

Grace Ingabire niwe uhagarariye u Rwanda. Ari kumwe na bagenzi be

Niwe wahawe ibendera ry’u Rwanda ngo ajye kuruhagararira kandi yasabwe kutazarukoza isoni ngo rutsindwe.

Uzatsindira ririya kamba azarambikwa tariki 16, Ukuboza, 2021.

Abakobwa bari kwitabira ririya rushanwa bacumbikiwe muri Hotel yitwa Hyatt Regency Grand Reserve iri ahirwa Rio Grande.

Bamwe mu bakobwa bitabiriye iri rushanwa. Miss Ingabire ni uwa mbere uhereye i buryo

Ni hamwe mu hantu nyaburanga hagize Ikirwa cya Puerto Rico kiri mu Birwa bya Caribbean.

Puerto Rico izwiho kugira amahumbezi aturuka mu Nyanja ya Atlantique igabanya Afurika na Amerika.

Ni igihugu Leta zunze ubumwe z’Amerika zifata nk’icyazo.

Gifite amashyamba cyimeza menshi ariko azwi cyane ni iryitwa  El Yunque National Forest, ibisi byitwa Cordillera Central, Sierra de Cayey, Sierra de Luquillo na Sierra de Bermeja.

Puerto Rico iherereye mu Nyanja ya Atlantique

Kubera ko ari ikirwa, Puerto Rico ifite ahantu hanini hari umucanga hafi y’Inyanja aho abantu bajya kuruhukira no gufata amafu.

Miss Ingabire ari kumwe na bagenzi be Ann Singh na Vannessa Ponce
Aba ni abandi baje bahagarariye ibihugu byabo bifotoje bari kumwe na Miss Rwanda Ingabire Grace
TAGGED:featuredIngabireIrushanwaMissPuerto RicoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhayimana Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Araburanira i Paris
Next Article U Burusiya Buri ‘Gutegura Intambara Yeruye’ Kuri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?