Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Al Shabaab: Umutwe W’Iterabwoba Ufite Ubutasi Bukomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Al Shabaab: Umutwe W’Iterabwoba Ufite Ubutasi Bukomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2022 1:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imyaka igiye kurenga 15 umutwe w’iterabwoba Al Shabaab utangiye ibikorwa bwawo byahitanye benshi barimo abayobozi ba Somalia n’abasirikare benshi b’Afurika yunze ubumwe bagiye kugarura amahoro muri kiriya gihugu.

N’ubwo wahanganye n’ingabo zikomeye mu buryo bw’ibikoresho ndetse no ikoranabuhanga, Al Shabaab ni umutwe ugihanyanyaza biturutse cyane cyane ku ishami ryawo rishinzwe ubutasi.

Kugeza ubu ni ukuvuga muri Kanama, 2022, uyu mutwe ufite abarwanyi bari hagati ya 5,000 n’abantu 10,000.

Kuba umaze iki gihe cyose ukora iterabwoba, bituma abahanga bavuga ko ari wo mutwe w’iterabwoba umaze igihe  kurusha indi yose yabayeho mu Kinyejana cya 21 aho kigeze ubu.

Hari umwe muri bo witwa Zakarie Ahmed Nor Kheyre wanditse ko impamvu ikomeye yatumye Al Shabaab imaze iki gihe cyose igikora ari uko ufite ishami ryihariye rishinzwe ubutasi kandi rikora neza.

Iryo shami baryita Amniyat.

Uriya muhanga aherutse gusohora inyandiko mu kinyamakuru kitwa Intelligence and National Security.

Yayise  “The Evolution of the Al-Shabaab Jihadist Intelligence Structure”.

Handitsemo ko hari abandi bantu bakora ubushakashatsi ku by’ubutasi bafashe igihe cyabo bitegereza imikorere n’imitunganyirize y’ibikorwa bya Al Shabaab basanga ifite uburyo bwiza bwo gukusanya no gusesengura amakuru yerekeye ibikorwa byayo bikayifasha gutegura ibitero byayo byatumye yica abo yabaga igambiriye guhitana.

Iyi mikorere ituma uyu mutwe w’abarwanyi ugira amakuru ahamye kandi ukayakoresha neza kurusha uko bimeze ku ngabo za Somalia zifite umutwe w’ubutasi witwa the National Intelligence and Security Agency (NISA).

Ishami Amniyat barifata nk’uruti rw’umugongo rwa Al Shabaab k’uburyo kuba igishinga ari ryo ibikesha.

Abaganiriye na wa muhanga twavuze haruguru batumye amenya neza uburyo bw’imitunganyirize n’imikorere ya ririya shami.

Imikorere nk’iyi mu butasi cyangwa ibikorwa bya gisirikare bayita modus operandi mu Kilatini, mu Gifaransa bavuga Mode d’Opération.

Iri shami rifite abakozi babarirwa mu magana bakora igihe cyose basimburanwa kandi bafite ubuhanga buhagije bwo kumenya amakuru yo ku ruhande rw’umwanzi no kumenya uko bamuca mu rihumye bakamurasa we ataramenya ko hari ikibi kiri gutegurwa.

Aba bakozi bafite akazi ko gukusanya amakuru, kuyasesengura, gushyira mu bikorwa amabwiriza y’abayobozi babo kugira ngo ibintu bikorwe neza.

Bashinzwe kandi kumenya ba maneko bo ku ruhande rwa Guverinoma bakabica hakiri kare no kumenya kuburizamo ibikorwa bya maneko za Guverinoma.

Intego yabo ya mbere ikomeye iba ari iyo guhitana abanyapolitiki bakomeye ba Somalia ndetse n’abasirikare bakuru.

Mu kuburizamo ibikorwa bya ba maneko ba Leta, ishami rya Al Shabaab rishinzwe ubutasi rikoresha abantu bazi neza kiriya gihugu n’ubuyobozi bwacyo k’uburyo ibyinshi mu byo Leta iteganya babimenya kare.

Aba basore n’inkumi, abagabo n’abagore bagize iri tsinda baba bashinzwe kuburizamo ibikorwa bya Guverinoma babyibwirije cyangwa se bakabikora nyuma y’uko batewe n’ingabo za Leta bagasigara bahiga abagize uruhare muri ibyo bitero.

Ishami Amniyat rifite abahanga mu butasi k’uburyo bamaze no kugera mu nzego za Guverinoma ya Somalia.

Aho ribera ribi kandi ni uko rikora ryigenga.

Rifite amafaranga yaryo n’ubuyobozi bwaryo, ibi bikaba byarakozwe mu rwego rwo kwirinda ko ibibazo by’abanya Politiki byajya bivangira imigambi n’ibikorwa byaryo.

Ni ikimenyimenyi, iri shami rifite umuyobozi warwo witwa Abdulkadir Mohamed Ibrahim.

Ibivuye mu kazi ke cyangwa ibyo ateganya gukora abiha umugabo witwa  Ahmad Umar uyu akaba ari we muyobozi wa Al Shabaab kandi w’ikirenga.

Ng’uko uko Al Shabaab yananiye na USA kuyirandura muri Somalia ndetse ikaba yaragutse ikajya no mu bindi bice by’Afurika birimo no muri Mozambique aho bivugwa ko yagize uruhare mu kwigisha abahakorera iterabwoba.

 

TAGGED:Al ShaababAmerikafeaturedIterabwobaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani: Abantu 52 Bapfuye Bazize Imyuzure
Next Article Abadepite B’Amerika Bongeye Kurakaza u Bushinwa Basura Taiwan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?