Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Alan Boileau Yongeye Kwigaragaza, Eyob Metkel Atahana Umwenda W’Umuhondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Alan Boileau Yongeye Kwigaragaza, Eyob Metkel Atahana Umwenda W’Umuhondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2021 2:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Alan Boileau ukinira B&B Hotels yegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2021, arushaho kugaragaza ko ari umukinnyi ukomeye, ugomba kwitonderwa muri iri rushanwa.

Uyu mufaransa w’imyaka 21 ni na we wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2021 kahagurukiye i Nyanza kagasorezwa i Gicumbi ku ntera ya kilometero 171,6, ku wa 4 Gicurasi 2021. Ni na we watwaye agace ka kabiri ku munsi wabanje, aho abasiganwa bahagurukiye i Kigali bagasoreza i Huye.

Kuri uyu wa Kane yongeye kwanikira bagenzi be, mu isiganwa ryahagurukiye i Nyagatare rigasorezwa mu Mujyi wa Kigali, mu ntera ya Kilometero 149.3.

Yaje ku mwanya wa mbere akoresheje 3h28’45”, ku mwanya wa kabiri haza Vuillermoz Alexis ukinira Total Direct Energie wakoresheje 3h28’45”, mu gihe ku mwanya wa gatatu haje Eyob Metkel umenyerewe muri iri rushanwa, ukinira Terengganu Cycling Team, wakoresheje 3h28’47”.

Umunyarwanda waje hafi ni Byukusenge Patrick ukinira Benediction Ignite wakoresheje 3h29’13” aba uwa 20, akurikirwa na mugenzi we Manizabayo Eric waje ku mwanya wa 21.

Aka gace kasize Metkel yambaye umwenda w’umuhondo kuko amaze gukoresha 16h49’05’’, ku mwanya wa kabiri hari Rodriguez Martin Christian ukinira Total Direct Energie umaze gukoresha 16h49’07’’. Ku wa gatatu haza umunyamerika Hoehn Alex ukinira Wildlife Generation, umaze gukoresha 16h49’09’’.

Boileau Alana ari ku mwanya wa 11, aho amaze gukoresha 16h49’36’’. Uwa mbere amurusha amasegonda 31.

Umunya-Colombia Sanchez Vergara ukinira Team Medellin watangiye atwara agace ka mbere muri iri rushanwa, ubu ari ku mwanya wa cyenda, amaze gukoresha 16h49’25’’.

Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ni Muhoza Eric ukinira Team Rwanda uri ku mwanya wa 28, amaze gukoresha 16h55’53’’. Umukinnyi wa mbere aramurusha iminota 6’48’’.

Iri rushanwa ririmo abakinnyi begeranye cyane, kuko urebye kuva ku mukinnyi wa mbere kugeza ku wa 12, harimo ikinyuranyo cy’amasegonda 44 gusa.

Boileau yageze ku murongo wa nyuma yegeranye na Vuillermoz Alexis
Boileau yegukanye agace ka gatatu muri dutanu tumaze gukinwa
Abakinnyi 10 ba mbere mu irushanwa ryo kuri uyu wa Kane
Abakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange
TAGGED:AmagareEyob MektelfeaturedTour du Rwanda 2021
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Murumuna Wa Joseph Kabila Yegujwe Ku Mwanya Wa Guverineri
Next Article Dominic Ongwen Yakatiwe Gufungwa Imyaka 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?