Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Algeria Na Morocco Birasatira Intambara Yeruye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Algeria Na Morocco Birasatira Intambara Yeruye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2021 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi bihugu by’ibituranyi bimaze igihe kirekire bitumvikana, ariko muri iki gihe ibintu bigeze ku yindi ntera. Algeria irashinja Maroc kwica abaturage bayo ikoresheje bombe, Maroc ikabihakana.

Ibiro bya Perezida wa Algeria byasohoye itangazo rigenewe abanyamakuru ryiyama Maroc rinayishinja kuba inyuma y’ubwicanyi buherutse gukorerwa abaturage bayo batatu.

Ririya tangazo rivuga ko abaturage ba Algeria bishwe bava Nouakchott muri Mauritania bagana Ouargla muri Algeria bari mu ikamyo.

Barashwe tariki 01, Ugushyingo, 2021.

Rivuga ko hari ibimenyetso bifatika byemeza ko ingabo za Maroc ziri Sahara y’i Burengerazuba ari zo zarashe abaturage ba Algeria zikoresheje bombe.

Umunyamakuru wo muri Algeria witwa Akram Kharief niwe watangaje bwa mbere buriya bwicanyi.

Umwuka mubi hagati y’ubutegetsi bw’i Alger[Umurwa mukuru wa Algeria] n’ubw’i Rabat[Umurwa mukuru wa Maroc] watumye bicana umubano.

Alger ishinja Rabat kuyendereza no guhora ishaka icyayihungabanyiriza umutekano.

Abazi amateka ya Politiki y’ibi bihugu bavuga ko imvano y’umwuka mubi wabyo ari ukutumvikana ku busugire bwa Sahara y’i Burengerazuba, umujinya Algeria yatewe n’uko Maroc ibanye neza na Israel, no kuba Maroc iherutse gusaba UN kwemera ubwigenge bw’abatuye Intara ya Kabylia.

Algeria ifata Kabylia nk’Intara yayo bwite bityo uvuze ko igomba kwigenga ntibajya imbizi.

TAGGED:AlgeriafeaturedIntaraMarocPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Yahawe Imyaka 2 Ngo Abe Yacyemuye Ikibazo Kiri I Rwamagana
Next Article Ingabo Za Tigray n’Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi Bwa Ethiopia Bihurije Hamwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?