Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafaranga Yo Kwita Ku Bafite Ubumuga Azagera Kuri Miliyari Frw 52 Muri 2030-Minisanté
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Amafaranga Yo Kwita Ku Bafite Ubumuga Azagera Kuri Miliyari Frw 52 Muri 2030-Minisanté

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2024 11:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko Guveriinoma y’u Rwanda iteganya kongera amafaranga ajya muri gahunda zo gufasha abafite ubumaga, akava kuri Miliyari Frw 7,5 akagera kuri Miliyari Frw 52 mu myaka itandatu iri imbere.

Dr. Sabin Nsanzimana yabibwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside ubwo we n’Umuyobozi wungirije wa RSSB batabaga iyi Komisiyo kuri uyu wa Mbere taliki 05, Mutarama, 2024.

Nsanzimana na Kanyonga bari baje gusubiza ibibazo kuri raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu y’ibikorwa by’umwaka wa 2022-2023.

Umuyobozi wa RSSB wungirije yavuze ko Miliyari Frw 70 ari yo yakoreshejwe mu kugeza serivisi ku banyamuryango b’uru rwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu gihe cy’umwaka cyavuzwe haruguru.

Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana kandi yabwiye Abadepite ko hari urutonde rw’imiti 887 umurwayi yabonaga akoresheje ubwishingizi mu gihe uruvuguruye muri iki gihe  ruriho imiti 1,400.

Ruzingerwaho imiti ivura kanseri na serivisi zirebana no gusimbura ingingo zirimo n’impyiko.

Umuyobozi wungirije wa RSSB, Louise Kanyonga yavuze ko mu mwaka ushize(2022/2023) abakoresha ubwisungane mu kwivuza barenze 90%.

Politiki y’ubwisungane mu kwivuza yashyizweho kugira ngo abafaite amikoro make bashobora kwivuza bunganiwe na bagenzi babo.

Yatanze umusaruro kuko hari bamwe batanze uwo musanzu batarwara bityo amafaranga batanze akunganira abarwara.

Icyakora hari abavuga ko hari imiti imwe n’imwe abagurisha imiti badaha umuntu wishyura ku bwisungane kubera ko ibigo bibishyurira rimwe na rimwe bitinda kwishyura bityo n’imiti ntibonekere igihe.

Abafite ubumuga basaba kenshi ko inyunganira cyangwa insimburangingo zajya zishyurwa binyuze mu bwisungane kubera ko bihenda.

Indi wasoma:

Asaba Leta Gufasha Abafite Ubumuga Kwifasha

TAGGED:featuredKanyongaMINISANTENsanziamanaRwandaUbumugaUbwishingiziUbwisungane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amakipe Y’Abafite Ubumuga Akina Sitting Volleyball Yatahanye Inganji
Next Article Icyayi Kinjirije u Rwanda Miliyoni $3 Mu Minsi Irindwi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?