Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: I Nyanza Mu Rukari, Abanyamahanga Bizihiwe Kinyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amafoto: I Nyanza Mu Rukari, Abanyamahanga Bizihiwe Kinyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2022 12:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyanza hari ahitwa mu Rukari. Ni ahantu hahoze hatuye Umwami Mutara Rudahigwa akaba yarahagize icyicaro cy’ubwami bwe. Muri iki gihe ni hamwe mu hantu nyaburanga kandi hasurwa kubera amateka y’aho.

Uretse kuba habutse mu buryo bwerekana imyubakire ya cyera ya cyami cyangwa ya gitware, herekana n’uburyo Abanyarwanda bahaga agaciro inka zitwaga Inyambo.

Izi nyambo n’ubu ziracyahari kandi zirangaza benshi mu bazisura.

Ni inka zigira ikinyabupfura kidasanzwe kandi zikundirwa ingendo n’imisusire yazo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ziteze amahembe mu buryo bushamaje kandi n’amata yazo agira ikivuguto kitagirwa n’andi mata.

Inyambo ni inka zitozwa kandi zikamenya kumvira zikiri nto, zikabikurana kugeza zishaje.

Zigira impfizi ziteye ukwazo kandi zidakunze kuba nyinshi.

Mu Rukari n’i Nyanza kandi hubatswe inzu ndangamurage yo kwigira kw’Abanyarwanda bo hambere n’ab’ubu.

Imuritswemo ibyaranze imibereho y’Abanyarwanda yerekanaga ko ari abantu bifitemo icyerekezo bityo bakagira n’uburyo bwabo bwo kukigeraho.

- Advertisement -

Rumwe mu ngero uzahasanga ni urw’umwami w’u Rwanda Mibambwe II Gisanura wari waratangije umuco wo guha abakene amata.

Ushatse wavuga ko Gira Inka y’ubu ikomoka kuri Gira amata ya Mibambwe Gisanura.

Yatanze mu mpera z’Ikinyejana cya 17, Abanyarwanda bakaba bari baramuhimbye Rugabishabirenge kubera ubuntu yagiraga.

Inyambo zitozwa ubupfura zikiri nto
Abashyitsi bakenyeye kinyarwandakazi
Imbere y’ingoro y’umwami aho bita ku gitabo cy’inzu, bicaye nk’umwami n’umwamikazi
Inyambo ni inka zitega neza
Zigira amata aryoha kandi agira ikivuguto gifashe neza

Hafunguwe Indi Ngoro Y’Amateka ‘Yihariye’ Y’Abanyarwanda

TAGGED:featuredGisanuraInyamboNyanzaRukari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Barataka Ko Imbwa Z’Agasozi Zibicira Amatungo
Next Article Hon Nyirasafari Agiye Kuyobora Sena Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?