Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amapingu, Perimi Z’Impimbano, Mudasobwa…Ibikoresho By’Abiyitiriraga Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amapingu, Perimi Z’Impimbano, Mudasobwa…Ibikoresho By’Abiyitiriraga Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2021 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni inshuro ya kabiri mu Cyumweru kimwe Polisi yeretse itangazamakuru abantu bari umwe  ivuga ko yayiyitiriraga agafatanya na bagenzi be kwiba bakoresheje ubwambutsi bushukana no kwiyitirira urwego. Abo yerekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24, Nzeri, 2021 bakoraga perimi bakaziha abantu bakabishyura Frw 350 000. Hari undi yari iherutse kwerekana wiyitaga OPJ.

Ubusanzwe Perimi itangirwa ubuntu ariko iyo irangije igihe, yishyurwa Frw 50 000.

Umuturage w’i Kayonza uvuga ko yakorewe buriya buriganya, yabwiye itangazamakuru ko bariya basore bamusanze i Kayonza bamubwira ko bashobora kumufasha kubona uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga( perimi).

Avuga ko bamweretse impapuro zimwemeza ko ari abapolisi, izo mpapuro zikaba zaragaragazaga ikirangantego cya Polisi y’u Rwanda ndetse bari bafite n’amapingu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yo kubizera, bamubwiye ko yazabasanga ku Muhima, aho bamubwiraga ko bakorera( ku Muhima niho hari ikicaro cya Polisi, ishami ry’umutekano wo mu muhanda) kugira ngo bazamuhe iyo perimi ariko akajyayo yitwaje Frw 350 000.

Ngo bari baramwijeje ko azishyura ari uko abonye ibyangombwa bye,  ni ukuvuga perimi.

Ati: “ Nahageze ntinze mbahamagaye bambwira ko bwije twazahura ubutaha. Nahise njya gushaka ahandi ndara ariko nkihagera numva barongeye barampamagaye mbabwira ko nkiri hahandi, ko baza tukabonana.”

Ngo barabonanye amwireka urutonde rw’abandi bakoze,  asanga byose ari ‘très bien.’

Avuga ko byose yabonaga ari ‘très bien’ kuko uwo musore yamwerekaga inyandiko zerekana  ikirangantego cya Polisi, ndetse n’amapingu n’urutonde rw’abandi bantu bakoreye iriya perimi.

- Advertisement -

Nyuma yo kubona uko ibintu bimeze, uyu musore w’i Kayonza yabwiye abo bantu ko byaba byiza batashye nyuma akazumvikana nabo umunsi bazahura buri wese agaha undi ibyo amugomba.

Si ko byagenze kuko nyuma y’iminsi ibiri, batangiye kujya bavugana akumva bahinduye imvugo.

Nibwo ngo yatangiye kubakeka, ahita abibwira Polisi iramugenza iza kumufata.

Umu IT yaritabajwe…

Umwe mu bafashwe ni umuhanga mu ikoranabuhanga ukora porogaramu za mudasobwa.

Avuga ko we na mugenzi we babanaga, baje gukubitwa n’ubukene kubera COVID-19, ngo ahantu bakoraga biranga batangira kubura ayo kwishyura inzu nibwo bahuraga bapanga icyo bakora ngo babone amafaranga.

Ati: “Twasanze turamutse dukoze perimi twabona amafaranga.”

Avuga ko bari barateganyije ko bazabanza gukora perimi nke bakazereka abaturage, bakababwira ko hari gahunda yo gukora nyinshi hanyuma ababizeye babaha amafaranga ‘bakayarya ubundi bakarekera aho.’

Ngo hari abantu babiri babizeye koko babaha amafaranga, uwa mbere abaha Frw 120 000 undi abaha Frw 100 000.

Bafashwe bamaze ukwezi batangiye ibyo bikorwa.

Umwe mu bandi bafatanywe n’uyu avuga ko yari yaraje muri biriya bintu yizeye ko biciye mu mucyo ariko akaza gusanga ari ibinyoma, akabifatirwamo.

Ngo yari yarabyizeye k’uburyo yarangiraga abantu kujya guha bariya icyashara.

Polisi inenga abaturage bizera bagenzi babo bababeshya ko ari ba Afande bakabariganya.

Umuvugizi wayo Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko bibabaje kuba hari abaturage babeshywa bakabyemera kandi mu by’ukuri hari uburyo ibintu bikorwa, hari uko ababishinzwe babikora n’aho babikorera.

CP Kabera asaba abantu bose kugana ‘Polisi nyayo’ ikabaha serivisi bashaka aho kugira ngo bumvire ibinyoma by’abantu baba bashaka gusarura aho batabibye.

TAGGED:AmapingufeaturedPerimi MudasobwaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yatangiye Uruzinduko Rw’Iminsi Ibiri Muri Mozambique
Next Article Abagabo Babiri Ba Uwamahoro Bapfuye Mu Mayobera, Nta Butabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?