Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amasaha y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine, Ibitaramo Bifungurirwa Abakingiwe COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amasaha y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine, Ibitaramo Bifungurirwa Abakingiwe COVID-19

admin
Last updated: 02 September 2021 8:52 am
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yemeje ko ingendo mu Mujyi wa Kigali zizajya zisozwa saa yine z’ijoro, inakomorera ibikorwa birimo ibitaramo by’abahanzi n’imikino y’amahirwe, ariko byo bikazagenda bifungurwa mu byiciro.

Ni inama yateranye kuri yu wa Gatatu iyobowe na Perezida Paul Kagame, ivugurura ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID—19, zigomba gushyirwa mu bikorwa mu Gihugu hose guhera ku itariki ya 2 kugeza ku ya 22 Nzeri 2021.

Umujyi wa Kigali nk’igice kimaze gukingirwamo abantu benshi cyahawe umwihariko, ingendo zibujijwe guhera saa yine z’ijoro (10:00 PM) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM). Ni mu gihe zasozwaga saa mbili z’ijoro.

Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa tatu z’ijoro.

Ni mu gihe ahandi mu gihugu ingendo zizajya zisozwa saa tatu z’ijoro, ibikorwa byemerewe gukomeza bikazajya bifunga saa mbiri z’ijoro.

Yakomeje iti “Icyakora mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kirehe, Ngoma, Nyagatare, Nyamasheke, Nyaruguru na Rwamagana dufite imibare y’abandura COVID-19 iri hejuru kurusha ahandi, ingendo zirabujijwe guhera saa mbiri z’ijoro (8:00 PM) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM).”

“Muri utwo turere, ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z’ijoro (7:00 PM).”

Nk’uko bimaze kumenyerwa, hemejwe ko utubari twose tuzakomeza gufunga.

Gusa muri iyi myanzuro harimo igaragaza ko ubuzima bushobora kugaruka mu minsi iri imbere.

Ikomeza iti “Ibindi birori n’amakoraniro rusange (ibitaramo by’abahanzi, fesitivali, imurikabikorwa n’ibindi) bizafungura mu byiciro. Abemerewe kwitabira ibyo birori bagomba kuba barakingiwe COVID-19 kandi babanje kwipimisha. Amabwiriza arambuye kun iyi ngingo azatangwa na RDB.”

“Ibikorwa by’imikino y’amahirwe bizafungura mu byiciro. Amabwiriza arambuye kun iyi ngingo azatangwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n‘Inganda.”

Biteganywa ibiro by’Inzego za Leta bizakomeza gufungura, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

Ibikorwa by’inzego z’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

Inama zikorwa imbonankubone zizakomeza, umubare w’abazitabira ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira.

Impinduka yabaye hano ni uko abitabira inama bose bagomba kugaragaza ko bipimishije COVID-19 hakoreshejwe igipimo cya PCR, bakaba bafite igisubizo kitarengeje amasaha 72.

Ni igipimo kigurwa 50.000 Frw, mu gihe ubusanzwe igipimo gitanga ibisubizo byihuse kizwi nka Rapid test kigurwa 5000 Frw cyari cyemewe.

Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abatarenze 75% by’umubare w’abantu zagenewe gutwara. Abatwara bisi barasabwa kugenzura ko amadirishya afunguye kugira ngo zigeremo umwuka uhagije ndetse n’uko abagenzi bahana intera.

Resitora zizakomeza kwakira abakiriya ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

Resitora zakira abakiriya bicaye hanze zemerewe kwakira abantu ku kigero cya 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

Ibigo bikorerwamo imyitozo ngororaramubiri (gyms and fitness centers) byemerewe gufungura mu byiciro.

TAGGED:COVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruzatangira Gukora Inkingo Mu Mwaka Utaha
Next Article Umuraperi Jay Polly Yitabye Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?