Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amashuri, Ibiro Bya Leta n’Iby’Abikorera Byafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Amashuri, Ibiro Bya Leta n’Iby’Abikorera Byafunzwe

Last updated: 29 June 2021 4:26 pm
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guhera ku wa 1 Nyakanga ibiro bya Leta n’iby’abikorera mu Mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani bizafungwa, kubera ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bwa COVID-19.

Ni ingamba zatangajwe kuri uyu wa Kabiri, zigiye kubahirizwa mu Umujyi wa Kigali no mu Turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana. Zizongera kuvugururwa nyuma y’ibyumweru bibiri.

Muri izo ngamba harimo ko ingendo zemewe guhera saa kumi za mu gitondo kugeza saa kumi n’ebyiri, mu gihe zari zisanzwe zisozwa saa moya.

Amateraniro rusange harimo n’ubusababe n‘ibirori bitandukanye byaba ibibera mu ngo n’ahandi hose byafunzwe.

Ayo mabwiriza akomeza ati “Ibiro by’inzego za leta n’iby’abikorera birafunze. Abakozi bazakorera mu rugo, kereka abatanga serivisi z’ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.” Inama zose zirabujijwe, ndetse “amashuri yose, harimo na za kaminuza arafunze.”

Amabwiriza areba abanyeshuri bazakora ibizamini bya leta biteganyijwe muri Nyakanga 2021 azatangwa na Minisiteri y’Uburezi.

Biteganywa ko resitora na zo zizajya zitanga serivisi ku batahana ibyo bakeneye, mu gihe zakiraga 30% by’ubushobozi zifite bwo kwakira abantu.

Biteganywa ko ibindi bikorwa by’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rusabwa gukoresha abakozi batarenga 50% by’abakozi bose.

Muri turiya turere kandi insengero zirafunze.

Mu turere dusigaye tw’igihugu, naho ingendo zizajya zitangira saa kumi za mu gitondo zirangire saa kumi n’ebyiri.

Ingendo zihuza uturere zirabujijwe, kereka ku mpamvu zikomeye.

Muri utwo turere ibikorwa by’inzego za leta bizakomeza, buri kigo kikazajya gikoresha 15% by’abakozi, mu gihe ibikorwa by’abikorera bizajya bikoresha abakozi batarenga 50%.

Resitora n’insengero muri utwo turere tundi bizajya byakira 30%, mu gihe umubare w’abitabira ikiriyo utagomba kurenga abantu 10 icyarimwe, mu gihe gushyingura ari 30.

TAGGED:COVID-19featuredKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Next Article Perezida Ndayishimiye Yirukanye Uyobora Ikigo Cy’Igihugu Gishinzwe Ubwikorezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?