Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amata Niyo Avugwaho Kwanduza Abanyeshuri Muri Nyagatare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Amata Niyo Avugwaho Kwanduza Abanyeshuri Muri Nyagatare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2024 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru aremeza ko uburwayi buherutse gufata abanyeshuri bagera ku 150 bo mu bigo bitandukanye by’Akarere ka Nyagatare yatewe n’amata yanduye.

Bimwe mu bimenyetso abo banyeshuri berekanaga ni ukuribwa umutwe, gucisha hasi  no kuruka ari nako baribwa mu nda.

Abo banyeshuri barimo abiga mu kigo kitwa Groupe Scolaire Cyonyo n’ikindi cya Groupe Scolaire Mirama byombi bikaba ibyo mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare.

Barimo abakiri bato kuko harimo n’uw’imyaka irindwi wigaga mu mashuri abanza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo abo bana barwaye ari benshi kandi mu bihe byegeranye, bajyanywe kwa muganga bamwe barakize barataha.

Bamwe bavuriwe mu kigo nderabuzima cya Cyabayaga abandi bavurirwa mu bindi bigo.

Umwe mu babyeyi b’abo bana yabwiye bagenzi bacu ba Kigali Today bakorera muri Nyagatare ati: “…Umwana yambwiye ko akimara kunywa amata yahise aribwa mu nda, mwatubariza icyo abana bacu bazize dore ubu ndamuryamishije mukuye kwa muganga ariko aracyafite umuriro mwinshi”.

Ku rundi ruhande, hari bamwe bakiri kwa muganga kuko, nk’uko bagenzi bacu babyemeza, hari abo kuri uyu wa Gatandatu imbangukiragutabara zajyanaga ku bitaro bya Nyagatare ngo abe ari ho bavurirwa.

Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Nyagatare, Dr Eddy K. Ndayambaje, avuga ko abana bakiriwe ku Kigo Nderabuzima cya Nyagatare ari 150 abandi 15 bajyanwa mu bitaro bya Nyagatare kubera ko bari barembye.

- Advertisement -

Ku bw’amahirwe ariko, avuga ko hari abandi bavuwe barataha.

Ati: “Ku kigo Nderabuzima cya Nyagatare hakiriwe 150 bagabanyirizwa umuriro, ubu bameze neza batangiye gutaha, naho mu bitaro twajyanyeho 15 kuko bo barukaga ariko na bo ubu bameze neza nta kibazo baraza gutaha”.

Impamvu yateye ubu burwayi ntiramenyekana.

Ku rundi ruhande abo bana babwiye abayobozi ko batangiye kuribwa mu nda nyuma yo kunywa amata bari bahawe ku ishuri.

Bigenda bite ngo amata abe uburozi?

N’ubwo inzego z’ubuzima zigiperereza ngo zimenye icyateye ayo mata kwandura ku buryo yanduza abana bangana kuriya mu gihe gito, hari umwe mu bize muri Kaminuza ya RICA utashatse ko tumutangaza amazina watubwiye ko ikibazo kigomba kureberwa ku nka zakamwe ayo mata.

Avuga ko uko bigaragara abo bana banyoye amata yakamwe inka nyinshi.

Kuba yaravuye ku nka nyinshi bivuze ko zishobora kuba zirwaye zimwe mu ndwara abahanga mu buzima bw’amatungo bita zoonotic diseases.

Amatungo atunzwe abantu ariko ashobora no kubica

Ni indwara zitandukanye zifata amatungo ariko zikaba zagera no mu bantu bariye inyama zazo cyangwa banyoye amata ayo matungo yakamwe.

Inama atanga ni uko abashinzwe ubuzima bagomba kugenzura bakamenya uko ikibazo kimeze, guhera ku nka ubwayo, ku mata yakamwe, ku bicuba yazanywemo ndetse no kugeza ku bikoresho bakoresheje baha abo bana amata.

Uwo muhanga ati: “ Uko bimeze kose iki kibazo cyaturutse ku nka, nizo zigomba kubanza gusuzumwa niba nta ndwara zifite kugira ngo hamenyekane uko ikibazo cyatangiye”.

Abahanga bavuga ko ari ngombwa kurinda ko ibiribwa cyangwa ibinyobwa byandura kuko bishyira ubuzima bw’abantu mu kaga

Mu rwego rw’ubuzima ni ngombwa ko amatungo agira ubuzima bwiza kugira ngo atanduza abantu kandi abantu nabo hakirindwa ko banduza amatungo.

Nk’uko hari amatungo yanduza abantu, nabo baba bagomba kwirinda kwanduza amatungo babana nayo.

TAGGED:AbanaAmatafeaturedInkaNyagatare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Abanyeshyuri 150 Baravugwaho Uburwayi Mu Gihe Cyegeranye
Next Article Uko Inkuru Ya 30 Yabariwe Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?