Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amavubi Yanganyije Na Bénin Ku Mukino Yari Yitezweho Intsinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Amavubi Yanganyije Na Bénin Ku Mukino Yari Yitezweho Intsinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2023 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amavubi yaraye aguye miswi na Bénin binganya igitego 1-1. Ni imikino igamije gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika cya 2024 kizabera muri Côte d’Ivoire. Abanyarwanda bifuzaga ko Amavubi atsinda Benin kuko mu mukino wa mbere bari banganyije.

Mbere y’uko uyu mukino w’Amavubi na Benin ubera mu Rwanda kuri State yitwa Pele Stadium, habanje kuvugwa byinshi birimo kuwuhindurira aho uzakinirwa.

Mbere wari bukinirwe i Huye  ariko uza kuhavanwa uzanwa kuri Kigali Péle Stadium.

Saa cyenda z’amanywa kuri uyu wa Gatatu nibwo umusifuzi Omar Ortan ukomoka muri Somalia yatangije umukino.

Buri kipe yari ku gitutu cyo kubona amanota atatu ariko u Rwanda rwo rukaba rwifuzaga kuwutsinda kurusha Benin kubera ko rwari rwawakiriye kandi rusanzwe ruri imbere ya Benin kubera ko ari  urwa Gatatu mu itsinda, yo ikaba iya Kane.

Mu minota mike yakurikiye itangira ryawo, Kagere Meddie yateye shoti riremereye nyuma yo guhabwa umupira na Manzi Thierry ariko ujya hanze y’izamu.

Ku munota wa 17, Rafaël York nawe yahushije penaliti.

Hari nyuma y’uko Cedric Yannick akoreye umupira mu rubuga rw’amahina.

Ku munota wa 20, umunyezamu wAmavubi witwa Ntwari Fiacre yayarokoye  nyuma yo gukuramo umupira ukomeye w’umuterekano wari utewe na Ishola Junior.

Amakipe yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

Mu gice cya kabiri, Amavubi yagitangiranye impinduka, Rubanguka Steve asimburwa na Djihad Bizimana.

Ku munota wa 58 u Rwanda rwatsinze igitego cya mbere  ku burangare bw’ubwugarizi maze Joel Harold ararutsinda.

Ku munota wa 65, umutoza Carlos Alós Ferrer yakoze impinduka ebyiri, Serumogo Ali na Rafael York bavamo basimburwa na Omborenga Fitina na Bizimana Yannick.

Ku munota wa 70 Amavubi yishyuye  igitego gitsinzwe na Manzi Thierry akoresheje umutwe.

Byari biturutse ku  mupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Muhire Kevin maze Meddie Kagere awuha Manzi n’umutwe ahita ashyira mu izamu.

Ku munota wa 78, Ally Niyonzima nawe yasimbuye Muhozi Fred.

Mugisha Gilbert yagerageje ishoti rikomeye ku munota wa 82 ariko umunyezamu awushyira muri koruneri.

Umukino warangiye ari 1-1.

Mu itsinda L ibi bihugu biherereyemo, Senegal yamaze kubona itike ya mbere n’amanota 12, Mozambique ifite amanota ane, Amavubi atatu n’aho Bénin ikagira abiri.

 

 

TAGGED:AmavubiBéninfeaturedRwandaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arabie Saoudite Igiye Kubaka Mu Bushinwa Uruganda Rutunganya Petelori
Next Article Uyobora Ikigo Cy’ Ikoranabuhanga Mu Kubaga Abarwayi Mu Nda Yasuye u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?