Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Gatete Yatangiye Guhagararira u Rwanda Muri Jamaica
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ambasaderi Gatete Yatangiye Guhagararira u Rwanda Muri Jamaica

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2022 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi Claver Gatete yaraye agejeje impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda ku muyobozi wa Jamaica  witwa Sit Patrick Allen. Gatete yari aherutse kugira Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango W’Abibumbye asimbuye Valentine Rugwabiza uri gukorera muri Centrafrique.

Kugeza impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Jamaica, byakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Nyuma yo gutanga impapuro zimwemera guhagararira u Rwanda muri Jamaica, Amb Claver Gatete yagiranye ibiganiro na Minisitiri wa kiriya gihugu ushinzwe ububanyi n’amahanga witwa Hon Kamina Johnson Smith.

Ashinzwe n’ubucuruzi muri Jamaica.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hifashishijwe ikoranabuhanga, ku wa Mbere, Amb. @claverGatete yashyikirije Umuyobozi wa #Jamaica, Sir Patrick Allen impapuro zimwemerera guhagararira u #Rwanda muri iki gihugu. #RBAAmakuru

📸 @RwandaUN pic.twitter.com/qmHwkU3NwR

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) April 12, 2022

Ku rukuta rwa Twitter rwa Ambasade iyoborwa na Claver Gatete handitseho ko yaganiriye na Smith ku ngingo nyinshi zirimo n’uko umubano hagati ya Kigali na Kingston wakwaguka.

Banavuganye ku myiteguro y’uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Jamaica ruzaba kuri uyu wa Gatatu taliki 13, Mata, 2022.

Jamaica ni ikirwa kiri mu Nyanja ya Caribbean.

 Kiri ku buso bwa klilometero kare 10,990, kikaba ikirwa cya gatatu kinini mu bindi bigize ikitwa Grande Antilles nyuma ya Cuba na Hispaniola.

- Advertisement -

Iyo uvuye muri Cuba ujya muri Jamaica hari intera ya kilometero 145 n’aho wava muri Hispaniola hakaba intera ya kilometero kare 191.

Ituwe n’abaturage miliyoni 2.9 ikaba iri mu bihugu bituwe cyane ugereranyije n’ibyo bituranye.

Umurwa mukuru wayo witwa Kingston.

Abenshi mu batuye iki gihugu bakigezemo baturutse muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, abandi bahatuye baturutse mu Burayim mu Burasirazuba bwa Aziya( mu Bushinwa cyane cyane), abandi bavuye mu Buhiinde no muri Libanon.

Hari benshi mu banya Jamaica basuhukiye muri Canada, mu Bwongereza no muri Leta zunze ubumwe z’Amarika.

Kimwe mu byumvikana iyo bavuze Jamaica ni umuziki wa Reggae ndetse n’idini  rya Rastafari.

Hari kandi n’abaturage b’iki gihugu bamamaye mu mikino irimo kwiruka, abamamaye mu mukino wa Cricket n’indi.

Ubukungu bwayo bushingiye cyane cyane ku bukerarugendo. Ku mwaka Jamaica isurwa byibura n’abantu miliyoni 4.3.

Ni igihugu kandi kiri muri Commonwealth kandi kiyoborwa n’Umwamikazi w’u Bwongereza

Uhagarariye Commonwealth muri kiriya gihugu ni Intumwa y’umwamikazi Elisabeth II yitwa Patrick Allen woherejweyo mu mwaka wa 2009.

Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu ni Andrew Holness watangiye iyi mirimo muri Werurwe, 2016.

Perezida Kagame Azasura Jamaica

 

TAGGED:featuredGateteJamaicaKagameKigaliKingstonRwandaUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ijambo Perezida Kagame Yagejeje Ku Bagize Guverinoma Ya Congo Brazzaville
Next Article Rutsiro: Bafatanywe Ibilo 38 Bya Gasegereti Bacukuye Bitemewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?