Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi wa Amerika Yasezeye Ku Banyarwanda, Ahishura Ibyo Azakumbura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ambasaderi wa Amerika Yasezeye Ku Banyarwanda, Ahishura Ibyo Azakumbura

admin
Last updated: 11 February 2022 2:56 pm
admin
Share
SHARE

Ambasaderi Peter Vrooman wari umaze imyaka hafi ine ahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasezeye ku banyarwanda, mbere yo kwerekeza mu butumwa bushya i Maputo muri Mozambique ku Cyumweru.

Mu butumwa yanyujije mu mashusho, Amb Vrooman, mu Kinyarwanda, yavuze ko igihe kigeze ngo asezere ku banyarwanda.

Yavuze ko byari iby’icyubahiro gikomeye kuba ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, ashima ibigo bya USAID na REB byashoboye kugeza miliyoni z’ibitabo mu Kinyarwanda, ku bana b’abanyarwanda harimo ibitabo bifasha abatabona n’inkoranyamagambo yo mu rurimi rw’amarenga.

Amb Vrooman hamwe n’abana

Yakomeje ati “Nishimiye ko abanyarwanda n’abanyamerika twageze kuri byinshi mu rwego rw’ubuzima rusange, urugero mu kurwanya Sida, gukumira Ebola, gufatanya mu gikorwa cyo gukingira Corona.”

Kugeza ku wa 1 Mutarama 2022, Leta zunze Ubumwe za Amerika yari imaze guha u Rwanda doze 3,295,730 z’inkingo za COVID-19.

Bibarwa kandi ko guhera mu mwaka wa 2004, Leta Zunze Ubumwe za Amerika imaze guha u Rwanda inkunga ya miliyari $2 (miliyari 2000 Frw), mu guhangana n’icyorezo cya Sida.

Amb Vrooman yanavuze ko mu gihe cye, hashinzwe urugaga rw’abacuruzi b’Abanyamerika mu Rwanda, mu kurushaho guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari, bya Amerika n’u Rwanda.

Hari byinshi azakumbura

Ambasaderi Vrooman yavuze ko “muri uru Rwanda rwiza” azakumbura ibirunga bine yazamutse: Karisimbi, Bisoke, Gahinga na Muhabura.

Ikindi azakumbura ngo ni Ingagi zo mu misozi, harimo ingagi yise Intarutwa mu muhango wo Kwita Izina mu 2018, wabereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze. Ni ingagi yo mu muryango wa Susa.

Yitabiriye umuhango wo Kwita Izina mu 2018

Yakomeje ati “Nzakumbura imisozi y’u Rwanda cyane cyane Bumbogo, Nduba, Rebero na Jali. Natwaye igare ibilometero birenga 6000 hafi y’uturere twose, buri gihe mbifashijwemo n’abanyarwanda. Nzanakumbura amagambo meza, courage, komera, siporo, ndetse na Tour du Rwanda itaha.”

Biteganyiwe ko ku Cyumweru ari bwo azajya i Maputo kuba ambasaderi wa Amerika muri Mozambique.

Naho azahasanga u Rwanda kuko rufiteyo abasirikare n’abapolisi benshi barimo gufasha mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wari warigaruriye Intara ya Cabo Delgado.

Peter Hendrick Vrooman w’imyaka 55 yageze mu Rwanda muri Werurwe, 2018. Azibukirwa ku muhati yari afite wo kumenya Ikinyarwanda n’umuco w’Abanyarwanda. Yagiye agaragara kenshi ari gusoma inyandiko z’Ikinyarwanda ndetse akagitangamo imbwirwaruhame.

 

TAGGED:AmerikafeaturedPeter Vrooman
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Macron Yanze Ko Abarusiya Bamupima COVID, Putin Nawe Ati: ‘Ntunyegere’
Next Article Ingabo Za Congo Zitabaje FDLR Mu Bitero Ziri Gutegura Kuri M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?