Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ambasaderi Wa Canada Yitabye Nduhungirehe 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Wa Canada Yitabye Nduhungirehe 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2025 9:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yahamagaje Ambasaderi wa Canada mu Rwanda Julie Crowley kugira ngo atange ibisobanuro kubyo igihugu cye cyashinje u Rwanda birimo ubwicanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Hashize igihe gito Canada ishinje u Rwanda kugira Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no gufasha umutwe wa M23.

Iki gihugu cyahise gihagarika imikoranire hagati yacyo n’u Rwanda.

Cyarushinje kugira uruhare mu bugizi bwa nabi bukorerwa mu Burasirazuba bwa RDC burimo kugaba ibitero ku basivili, ku mpunzi, ku batabazi, ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye n’iz’akarere, ubuhotozi, gushimuta no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yahisemo guhamagaza Ambasaderi wa Canada ngo atange ibisobanuro.

Uyu mudipolomate yagaragarijwe ko ibyo igihugu cye gishinja u Rwanda nta shingiro bifite.

Julie yagaragarijwe kandi ko Canada yirengagije impungenge z’u Rwanda mu bijyanye n’umutekano warwo, ihitamo guhishira ibibi Guverinoma ya DRC ikorera abaturage birimo n’ubwicanyi bukorerwa Abanye-Congo b’Abatutsi ku bufatanye n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.

U Rwanda rwashimangiye ko rudateze gutezuka ku ntego yo kurinda abaturage barwo no gukomeza kubungabunga umutekano w’igihugu.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye Ernest Rwamucyo yagaragaje ko imyitwarire ya Canada ishobora kuba ifitanye isano n’inyungu iki gihugu gifite muri DRC cyane cyane izijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Yatangaje ko Canada yafatiye u Rwanda ibi bihano mu gihe umujyi wa Toronto uri kuberamo inama mpuzamahanga yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro, PDAC 2025.

Rwamucyo yasobanuye ko iyo nama igamije kubungabunga inyungu Canada ifite mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DRC kandi ko itangazo ry’ibi bihano ryahuriranye n’uruzinduko rwa Minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wa RDC, Kizito Pakabomba, yagiriye i Toronto.

Ati: “Iri harabika ryabaye mu gihe hari kuba PDAC 2025, ni inama igamije kurengera inyungu nyinshi Canada ifite mu mabuye y’agaciro muri DRC. Rihuriranye no kugera i Toronto kwa Minisitiri wa DRC ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Kizito Pakabomba, urageza ijambo ku bitabira inama.”

Julie yitabye nyuma y’uko ku wa Mbere Tariki 03, Werurwe, 2025, yari yatumijwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ngo azagire ibyo ayisubiza.

TAGGED:AmbasadeAmbasaderiCanadafeaturedNduhungirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ubuke Bw’Ibyumba By’Amashuri Buracyari Ikibazo
Next Article Umushinga Wa Misiri Wo Kubaka Gaza Nshya Uhabanye N’Uwa Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?