Amerika Iri Kwisuganya Ngo Igabe Igitero Cyo K’Ubutaka Kuri Iran 

Umwanditsi wa Taarifa
4 Min Read

Kuri iki Cyumweru, Iran yavuze ko yiteguye guhangana n’ingabo za Amerika nizitangiza ibitero byo k’ubutaka kuko Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Iran avuga ko ayo makuru ahari kandi yizewe.

Iran ishinja Washington ko iri gutegura mu ibanga igitero cyo K’Ubutaka mu gihe ku rundi ruhande ishaka ibiganiro byo kurangiza intambara.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad-Bagher Ghalibaf, yabwiye ibitangazamakuru bya Leta ko: “Umwanzi, ku mugaragaro atanga ubutumwa bushishikariza ibiganiro n’imishyikirano, ariko mu ibanga agategura igitero kizaca k’ubutaka.”

Yongeyeho ati: “Amerika ntizi ko abagabo bacu bategereje abasirikare bayo bazinjirira k’ubutaka, kugira ngo babatwike kandi bahane burundu abafatanyabikorwa bayo bo muri aka karere.”

Ibi yabivuze nyuma y’amasaha make ikinyamakuru The Washington Post gitangaje ko Minisiteri y’Ingabo ya Amerika (Pentagon) yateguye gahunda y’ibyumweru byinshi by’ibitero byo ku butaka muri Iran, ariko bidakubiyemo igitero gikomeye cyo kuyigarurira burundu.

Ibi biri kuba mu gihe Perezida Donald Trump n’abandi bayobozi bakomeye bagaragaza ko bashaka kurangiza iyi ntambara vuba.

NBC News yanditse ko hagati aho, Amerika yakomeje kongera ingufu zayo za gisirikare mu Karere Iran iherereyemo.

Ubwato bw’intambara USS Tripoli bwageze mu Burasirazuba bwo Hagati kuri uyu wa Gatandatu, buherekejwe n’abasirikare 3,500, nk’uko byatangajwe n’Ingabo za Amerika zikorera muri ako Karere (CENTCOM) ku rubuga rwa X.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, ku wa Gatanu yavuze ko Iran itarasubiza ku mwanzuro w’amahoro ugizwe n’ingingo 15 woherejwe n’abanyamerika bashinzwe ibiganiro, ugamije kurangiza intambara.

Ariko yavuze ko ku ruhande rwa Iran hari “ubushake bwo kuganira kuri bimwe mu bibazo biri muri uwo mugambi w’amahoro.”

Ariko Ghalibaf, uzwiho gukomera ku myemerere ya politiki, yashinje Amerika “kugerageza kugera ku byo itashoboye kugeraho mu ntambara ikoresheje dipolomasi,” ashingiye kuri urwo rutonde rw’ingingo 15.

Yabwiye abaturage ba Iran ati: “Igihe cyose Abanyamerika bashaka ko Iran yishyira hasi ikemera gutsindwa, igisubizo cy’abana banyu kirazwi neza. Ntidushobora kwemera gusuzugurwa.”

Mu Cyumweru gishize, Trump yavuze ko azongerera igihe ntarengwa cyo guhagarika ibitero ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Iran, nyuma y’uko habayeho intambwe nziza mu biganiro itewe n’ubutegetsi bwa Iran.

Trump yavuze ko ibiganiro byo kurangiza intambara biri kugenda “neza cyane,” nubwo Tehran yo ivuga ko itari mu biganiro.

Mu itangazo ryasubizaga ku bibazo bijyanye no kohereza ingabo muri Iran, umuvugizi wa Perezidansi ya Amerika Karoline Leavitt, yagize ati: “Ni inshingano za Minisiteri y’ingabo zo gutegura ibintu byose bishoboka kugira ngo Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo agire amahitamo menshi. Ibi ntibisobanuye ko Perezida yamaze gufata icyemezo.”

Kuwa 20 Werurwe, Trump yabwiye abanyamakuru ari mu biro bye (Oval Office) ko “atazohereza ingabo aho ari ho hose.”

Yongeyeho ati: “Iyo nza kubikora, sinari kubibabwira, ariko ntabwo ndi kohereza ingabo.”

Ubuyobozi bw’ingabo bwo bwatangaje ku wa Gatandatu ko ibihumbi by’abasirikare b’Abanyamerika bamaze kugera mu Burasirazuba bwo Hagati, buvuga ko harimo “indege zitwara abasirikare n’iz’intambara, ndetse n’ibikoresho byo gutera uciye k’ubutaka no mu mazi.”

Abasirikare 13 ba Amerika bamaze kugwa muri iyi ntambara na Iran, naho abandi babiri bapfuye bazize impamvu zitari iz’intambara.

Ifoto: US Army Flickr photos

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *