Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2025 3:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwe mu basirikare ba Amerika. Ifoto: iStock photos.
SHARE

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingabo muri Guverinoma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika Pete Hegseth avuga ko mu mavugurura ari imbere  hazashyirwamo amabwiriza akakaye atemerera umusirikare wese kugira ibilo byinshi.

Bikubiye mubyo aherutse kubwira abagaba bakuru b’ingabo yari yahamagaje ngo bahurire ahitwa Quantico muri Leta ya Virginia ababwire akamuri ku mutima.

Mu kiganiro yabagejejeho, yababwiye ko Amerika idakeneye abasirikare bazahajwe n’ibilo byinshi ariko cyanecyane abasirikare bakuru barimo na ba Jenerali.

NBS isubiramo ibyo yavuze, yanditse iti: “ Birababaje iyo urebye ukuntu ingabo zacu zifite ibikoresho n’ubuhanga ariko ugasanga abasirikare bagiye kwicwa n’umubyibuho.”

Avuga ko umubyibuho ukabije mu ngabo no mu bagaba bazo utesha agaciro igihugu gifite igisirikare gikomeye kurusha ibindi ku isi.

Yatangaje ko buri musirikare agiye kujya azindukira muri siporo kandi ibyo bikagenzurwa n’abamuyobora urwego yaba akoramo rwose.

Ba Jenerali nabo bazategekwa ko byibura inshuro ebyiri mu mwaka bazajya bakoresha ikizamini cya muganga cyerekana ko ibilo byabo bijyanye n’imyaka yabo, uburebure n’inshingano bahabwa n’igisirikare.

Biteganyijwe ko iyi gahunda izatangira neza mu mwaka wa 2026 ku ngabo zose haba izirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere.

Icyakora, Hegseth avuga ko imyitozo yo gukomeza imikaya izoroshywa ku bagore mu rugero runaka kugira ngo batavunishwa n’imiterere y’umubiri wabo.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingabo muri Guverinoma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika Pete Hegseth.
TAGGED:AmerikaKubyibukaUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be
Next Article Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Urubyiruko Mu Rwanda Ruranywa Itabi Ku Rugero Runini

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

You Might Also Like

IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Ingabo Z’u Rwanda Zaganiriye N’Iza Uganda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeIbiza KamereMu mahanga

Namibia: Inyamaswa ‘Zitabarika’ Zishwe N’Inkongi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?