Amakuru aremeza ko Perezida Donald Trump yategetse ingabo ze kurasa mu Murwa mukuru wa Venezuela witwa Caracas.
BBC yanditse ko ibitero bya Amerika byibasiye ahantu Venezuela ibika intwaro, ikemeza ko ubutegetsi bwa Venezuela bwamaganye ibyo bitero ari ubushotaranyi.
Ikindi ni uko ibice binini by’umurwa mukuru Caracas byabuze umuriro.
Perezida wa Venezuela Nicolás Maduro yavuze ko ibitero Trump agaba ku gihugu cye bigamije ahanini guhungabanya ubutegetsi bityo agashyiraho ubuyobozi buzamufasha gucukura petelori.
Maduro kandi yasinye inyandiko yemeza ko igihugu gishobora kwirwanaho mu gihe no mu buryo bukwiye.
Amerika imaze igihe irasa ubwato burimo abaturage ba Venezuela ibushinja gutwara ibiyobyabwenge byinjizwaga mu gihugu.


