Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Yareze U Burusiya Muri UN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Amerika Yareze U Burusiya Muri UN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2022 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta zunze ubumwe z’Amerika zabwiye Umuryango w’Abibumbye ko zifite amakuru mpamo y’uko u Burusiya bwateguye intambara ndetse n’urutonde rw’abantu buzafunga bukabakorera iyicarubozo niburangiza kwigarurira Ukraine.

Hari amakuru avuga ko hateganyijwe ibiganiro hagati ya Putin na Biden ariko ngo Amerika yavuze ko kugira ngo ibi biganiro bizabeho, bizasaba ko u Burusiya bwemera ko bugiye guha agahenge Ukraine.

Ubuyobozi bukuru bwa Ukraine bwo buvuga ko bufite icyizere ko iriya nama izaba kandi ko izatuma u Burusiya bucururuka.

Iby’uko i Kyiv bafite kiriya cyizere byatangajwe na Minisitiri w’ingabo wa Ukraine witwa Oleksii Reznikov.

U Bufaransa nibwo bwabaye umuhuza muri iki kibazo binyuze mu ruzinduko Perezida wabwo Emmanuel Macron aherutse kugirira mu Burusiya.

Aka gace karimo umwuka w’intambara ikomeye

Hari umwe mu bakozi bo muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa witwa Clément Beaune wabwiye imwe muri televiziyo zo muri kiriya gihugu yitwa LCI TV ko igihugu cye kizeye ko icyuka cy’intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya kigiye kuvaho.

Mu gihe hari hashize iminsi u Budage busa n’aho buri ku ruhande rw’u Burusiya mu rugero runaka, Minisitiri wabwo ushinzwe ububanyi n’amahanga witwa Annalena Baerbock yeruye abunenga ko ibyo buri gukora bisa no kwirengagiza agaciro k’ubuzima bw’abasivili.

Hagati aho kandi hari amasasu amaze iminsi yumvikana hagati y’uruhande rwa Ukraine n’uruhande ruyoborwa n’abarwanyi bivugwa ko bashyigikiwe n’u Burusiya.

Urusaku rwayo rwatangiye kumvikana ku wa Kane w’Icyumweru gishize.

Ubutegetsi bwa kimwe mu bihugu bituranye n’u Burusiya na Ukraine ari cyo Belarus buvuga ko n’ubwo bivugwa ko ingabo z’u Burusiya zasubiye mu birindiro byazo, ngo ziteguye guhita zigaruka ‘impamvu niyongera kuboneka.’

Ikindi kandi ngo umuvuduko wo kuzikura mu  gace zirimo uzihuta cyangwa ugende gahoro bitewe n’uko ingabo za OTAN/NATO zizagabanywa ku mupaka wa Belarus n’u Burusiya.

Perezida Putin w’u Burusiya na mugenzi we uyobora Belorus witwa Alexander Lukashenko bareba uko ingabo zabo zitoza

Iby’uko u Burusiya bwasubije ingabo zabwo inyuma ariko hari abatabyemera ahubwo bakavuga ko buri kuzikura mu gice kimwe bukazimurira mu kindi.

TAGGED:AmerikaBurusiyafeaturedUkraineUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gutera Inda Abangavu B’u Rwanda Bimaze ‘Kuba Icyorezo’
Next Article Kuvuguruza Inkuru Ku Byabaye Mu Iyicwa Ry’Umwamikazi Gicanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?