Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodríguez, n’Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe umutungo kamere, Doug Burgum, batangaje ko ibihugu byombi bigiye gukorana mu guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Venezuela.
Burgum, uyobora inama ya National Energy Dominance Council yashyizweho na Perezida Donald Trump, yahuye na Rodríguez mu ngoro yaPperezida i Caracas.
Uru ruzinduko ni urwa kabiri rukozwe n’umwe mu bayobozi bakuru ba Amerika kuva ingabo za Amerika zigabye igitero muri Mutarama zigata muri yombi uwari Perezida Nicolás Maduro.
Venezuela yamaze guhindura amategeko yayo kugira ngo yemere ishoramari ry’amahanga mu rwego rwa peteroli rwari rwarashyizwe mu maboko ya Leta gusa.
Ubu noneho Guverinoma irateganya gukora impinduka nk’izo no mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Nubwo ibisobanuro birambuye by’izo mpinduka bitaratangazwa, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Venezuela, Jorge Rodríguez, yavuze ko ayo mategeko mashya azemerera amasosiyete manini yo mu mahanga gucukura amabuye y’agaciro ndetse n’amabuye y’ingenzi (rare earth minerals).
Venezuela ni kimwe mu bihugu bifite ububiko bunini bwa peteroli ku isi, kandi ifite n’indi mitungo kamere myinshi irimo zahabu, diyama n’amabuye y’ingenzi akoreshwa mu gukora ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo telefoni zigendanwa.
Ariko kandi ubucukuzi butemewe n’amategeko bwiyongereye muri iki gihugu, aho abaharanira kurengera ibidukikije bavuga ko bukomeje guteza iyangirika ry’amashyamba no guhumanya ikirere.
Hari kandi amatsinda y’abagizi ba nabi acukura mu buryo butemewe, ndetse hakavugwa n’ibibazo bya ruswa mu bya politiki.
Leta zunze Ubumwe za Amerika zashinje Maduro n’abandi bayobozi bo muri Guverinoma ye kuyobora umuryango w’abagizi ba nabi ukora ibikorwa birimo ubucukuzi bw’amabuye mu buryo butemewe n’amategeko n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, nubwo we yakomeje kubihakana.
Nyuma y’inama yabaye hagati ya Burgum na Rodríguez, Perezida Trump yavuze ko Rodríguez “ari gukora akazi keza” kandi ko akorana neza n’abahagarariye Amerika.
Yanavuze ko ibihugu byombi bifitanye umubano mwiza, kandi ko Amerika iri kungukira ku mamiliyoni menshi ya barili za peteroli iri kuvana muri Venezuela.
Trump yongeyeho ko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi buzatuma abaturage ba Venezuela babaho neza kurushaho.
Nubwo bimeze bityo, mu ngoro ya Perezida wa Venezuela haracyari amashusho menshi ya Nicolás Maduro, harimo n’amafoto mashya ye hamwe n’umugore we ariho amagambo agira ati: “Turashaka ko bagaruka.”
Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru nyuma y’iyi nama, Rodríguez yasabye abagize Inteko Ishinga Amategeko gushyigikira vuba izo mpinduka kugira ngo ishoramari rituruke mu mahanga ritangire kwinjira mu gihugu.
BBC yanditse Perezida wa Venezuela avuga ko igihugu kiri gukora neza mu mikoranire na Amerika, agira ati: “Turi kubona amanota yuzuye, 20 kuri 20.”
Mu ruzinduko rwe, Burgum yanahuye n’abahagarariye amasosiyete menshi akora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Muri iki gihugu ubu hari amasosiyete arenga 20 yo muri Amerika yitabiriye ibyo biganiro, kandi ko ashobora gushora miliyari z’amadolari akanatanga imirimo myinshi ihembwa neza ku batuye Venezuela.

