Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Angeline Ndayishimiye Yashimye Ibikorwa Bya Jeannette Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Angeline Ndayishimiye Yashimye Ibikorwa Bya Jeannette Kagame

admin
Last updated: 29 November 2021 9:10 am
admin
Share
SHARE

Umugore wa Perezida w’u Burundi Angeline Ndayishimiye yashimye ibikorwa by’indashyikirwa bimaze kugerwaho na Imbuto Foundation na Madamu Jeannette Kagame wayishinze, mu gihe uyu muryango wizihiza imyaka 20 umaze.

Imbuto Foundation yashinzwe na Madamu Jeannette Kagame mu 2001 wita ku bikorwa bijyanye no kurwanya Sida, aho icyo gihe yitwaga PACFA (Protection and Care of Families Against HIV/AIDS).

Guhindura izina byajyanye no kwagura ibikorwa, bigera no mu kwita ku muryango n’uburezi.

Angeline Ndayishimiye yanditse kuri Twitter ashima Jeannette Kagame ku ntambwe z’imyaka 20 umuryango Imbuto ayobora umaze.

Ati “Ibyo umaze kugeraho mu myaka 20 ishize mu kwita ku baturage ni ibyo gushimwa.”

J’adresse mes sincères félicitations à ma Consœur Première Dame du #Rwanda SE Jeannette #Kagame pour la célébration du 20ème anniversaire de la Fondation @Imbuto qu’elle préside. Les réalisations faites au cours de ces 20 ans en faveur de la population sont salutaires . pic.twitter.com/BM5sNwuQNK

— Angeline Ndayishimiye Ndayubaha (@Burundi1stLady) November 29, 2021

Mu ijambo yavuze mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Imbuto Foundation imaze ishinzwe, ku wa Gatandatu tariki 27 Ugushyingo 2021, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari urugendo rugaragaza n’imibare ishimishije.

Ati “Abanyeshuri 5000 batsinze neza kurusha abandi bahembwe ndetse bakurikiranwa mu kinyacumi kimwe n’igice bishize, ubu batanga umusanzu ukomeye muri sosiyetse ndetse bamwe ubu dufatanya mu gusohoza ubutumwa bwa Imbuto nk’abakozi bahoraho.”

Yanavuze ko abana basaga 60,000 bafite imyaka itandatu no munsi yayo bashyizwe mu miryango no mu marerero binyuze muri gahunda zitandukanye.

Binyuze muri gahunda ya Edified Generation yatangijwe na Madamu Jeannette Kagame hagamijwe gufasha abanyeshuri batsinda neza mu ishuri ariko imiryango yabo ikaba idafite ubushobozi bwo kubishyurira ishuri, muri rusange hamaze gufashwa abarenga 9000 barimo abahungu n’abakobwa.

Nko mu bikorwa uyu muryango ugaragaza ko byagezweho mu rwego rw’ubuzima harimo imbangukiragutabara 20 zahawe ibitaro bitandukanye, naho abaturage 14324 bafashijwe muri gahunda zo kuboneza urubyaro.

Uyu muryango kandi wafashije mu kuzamura ubumenyi ku cyorezo cya Sida, ndetse abaturage bagera ku 293,652 babashije kumenya uko bahagaze.

Hari n’izindi gahunda nyinshi uyu muryango ugenda ukora nko mu guteza imbere urubyiruko, harimo abarenga ibihumbi 15 bamaze kwitabira ibikorwa byiswe Youth Forum Series.

Imbuto Foundation irimo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 imaze ishinzwe
TAGGED:Angeline NdayishimiyeBurundifeaturedImbuto FoundationJeannette Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri Batatu Barohamye Mu Kiyaga Cya Burera
Next Article Bihinduke Cyangwa Namwe Muhindurwe – Perezida Kagame Yihanije Abayobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?