Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR BBC Yongeye Gutwara Shampiyona Ya Basketball
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

APR BBC Yongeye Gutwara Shampiyona Ya Basketball

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2024 10:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
APR BBC yarushije Patriots BBC amanota atatu
SHARE

Ku manota 73 kuri 70 APR BBC yaraye itwaye igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda iba iracyisubije ku nshuro ya kabiri. Hari nyuma yo gutsinda imikino ine ku mikino ibiri iyo bari bahangaye yatsinze.

Umukino yatwariyemo iki gikombe ni uwabaye taliki 22, Nzeri, 2024, ubera muri BK Arena i Remera.

Ni umwe mu mikino igize  “Betpawa playoffs 2024” yari imaze iminsi ikinirwa muri BK Arena.

Mbere y’uko itsinda uyu mukino, n’ubundi APR BBC yari ifite izindi ntsinzi eshatu kuri ebyiri za mukeba bari bahanganye ari we Patriots BBC.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugira ngo ikipe itware iki gikombe, igomba kuba yaratsinze imikino ine mu yo yakinnye yose.

Iyo Patriots BBC itsinda uyu mukino ikiba itatu kuri itatu, amakipe yari buzakine umukino wa karindwi wo guca impaka.

Mu mukino waraye ubaye, Patriots BBC yatangiye neza, itwara agace ka mbere mu manota 19 ku manota 17 ariko agace ka kabiri iragatsindwa ku manota 19 ya mukeba wayo, yo igira 14.

Igice cya mbere cyose cyarangiye ku manota 36 ya APR FC n’amanota 33 ya Patriots BBC.

Umwe mu bakinnyi bakomeye ba Patriots BBC witwa William Perry ntoiyabonetse mu mukino waraye ubaye kuko afite imvune yakuye mu mukino wa gatanu uheruka.

- Advertisement -

Uko umukino wakomezaga kuba mwiza ni ko APR BBC yarushaga bigaragara Patriots BBC kuko hari ubwo yayirushije ibitego 10.

Nayo yageragaje kubikuramo ngo igabanye icyo cyuho ariko iyibera ibamba kuko aka agace karangiye ku manota 19-12.

Umukino warangiye APR BBC itsinze amanota 73-70, itwara igikombe cya Shampiyona ityo kandi iba ibikoze ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Muri rusange  imaze gutwara ibikombe 15 bya Shampiyona ya Basketball.

Iyi kipe yahembwe miliyoni Frw 15,  Patriots BBC ya kabiri ihabwa miliyoni Frw 7.5 naho REG BBC ya gatatu ihabwa miliyoni Frw  3.5.

Isaiah Miller wa APR BBC niwe wahembwe nk’umukinnyi mwiza w’iyi mikino (MVP) ahabwa miliyoni Frw 2.

Ni mu gihe abakinnyi bitwaye neza muri Shampiyona isanzwe (Regular Season) bayobowe na Chadie Bowie wa Kepler BBC wabaye uwahize abandi.

Pitchou Manga wa REG BBC yabaye uwugariye neza naho Ndizeye Dieudonné aba uwatsinze amanota atatu menshi mu gihe Henry Mwinuka utoza Patriots BBC yabaye umutoza mwiza w’umwaka.

Nyuma yo kwegukana igikombe cya BetPawa Playoffs,  APR BBC igomba guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya Basketball Africa League (BAL), ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ubwo APR BBC iheruka guhagararira u Rwanda muri BAL yaviriyemo mu mikino y’amajonjora yakiniwe i Dakar muri Sénégal.

TAGGED:APRBALBasketballfeaturedIntsinziShampiyonaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Igiye Kohereza Muri Haïti Abandi Bapolisi 600
Next Article Undi Muhanda Kagame Yemereye Abaturage Watangiye Kubakwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?