Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: APR BBC Yongeye Gutwara Shampiyona Ya Basketball
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

APR BBC Yongeye Gutwara Shampiyona Ya Basketball

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2024 10:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
APR BBC yarushije Patriots BBC amanota atatu
SHARE

Ku manota 73 kuri 70 APR BBC yaraye itwaye igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda iba iracyisubije ku nshuro ya kabiri. Hari nyuma yo gutsinda imikino ine ku mikino ibiri iyo bari bahangaye yatsinze.

Umukino yatwariyemo iki gikombe ni uwabaye taliki 22, Nzeri, 2024, ubera muri BK Arena i Remera.

Ni umwe mu mikino igize  “Betpawa playoffs 2024” yari imaze iminsi ikinirwa muri BK Arena.

Mbere y’uko itsinda uyu mukino, n’ubundi APR BBC yari ifite izindi ntsinzi eshatu kuri ebyiri za mukeba bari bahanganye ari we Patriots BBC.

Kugira ngo ikipe itware iki gikombe, igomba kuba yaratsinze imikino ine mu yo yakinnye yose.

Iyo Patriots BBC itsinda uyu mukino ikiba itatu kuri itatu, amakipe yari buzakine umukino wa karindwi wo guca impaka.

Mu mukino waraye ubaye, Patriots BBC yatangiye neza, itwara agace ka mbere mu manota 19 ku manota 17 ariko agace ka kabiri iragatsindwa ku manota 19 ya mukeba wayo, yo igira 14.

Igice cya mbere cyose cyarangiye ku manota 36 ya APR FC n’amanota 33 ya Patriots BBC.

Umwe mu bakinnyi bakomeye ba Patriots BBC witwa William Perry ntoiyabonetse mu mukino waraye ubaye kuko afite imvune yakuye mu mukino wa gatanu uheruka.

Uko umukino wakomezaga kuba mwiza ni ko APR BBC yarushaga bigaragara Patriots BBC kuko hari ubwo yayirushije ibitego 10.

Nayo yageragaje kubikuramo ngo igabanye icyo cyuho ariko iyibera ibamba kuko aka agace karangiye ku manota 19-12.

Umukino warangiye APR BBC itsinze amanota 73-70, itwara igikombe cya Shampiyona ityo kandi iba ibikoze ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Muri rusange  imaze gutwara ibikombe 15 bya Shampiyona ya Basketball.

Iyi kipe yahembwe miliyoni Frw 15,  Patriots BBC ya kabiri ihabwa miliyoni Frw 7.5 naho REG BBC ya gatatu ihabwa miliyoni Frw  3.5.

Isaiah Miller wa APR BBC niwe wahembwe nk’umukinnyi mwiza w’iyi mikino (MVP) ahabwa miliyoni Frw 2.

Ni mu gihe abakinnyi bitwaye neza muri Shampiyona isanzwe (Regular Season) bayobowe na Chadie Bowie wa Kepler BBC wabaye uwahize abandi.

Pitchou Manga wa REG BBC yabaye uwugariye neza naho Ndizeye Dieudonné aba uwatsinze amanota atatu menshi mu gihe Henry Mwinuka utoza Patriots BBC yabaye umutoza mwiza w’umwaka.

Nyuma yo kwegukana igikombe cya BetPawa Playoffs,  APR BBC igomba guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya Basketball Africa League (BAL), ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ubwo APR BBC iheruka guhagararira u Rwanda muri BAL yaviriyemo mu mikino y’amajonjora yakiniwe i Dakar muri Sénégal.

TAGGED:APRBALBasketballfeaturedIntsinziShampiyonaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Igiye Kohereza Muri Haïti Abandi Bapolisi 600
Next Article Undi Muhanda Kagame Yemereye Abaturage Watangiye Kubakwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?