Umukino waraye uhuje APR FC na Rayon Sports warangiye iyi kipe itsinzwe bigaragara. Ibitego 4 kuri 1 ni byinshi imbere y’ikipe yari yahuruje abafana ku buryo Stade Amahoro yari hafi kuzura abantu 45,000 isanzwe igenewe.
Reka iyitsinde ni mu gihe kuko yayirushaga haba mu gusatira, mu kugarira no mu kumenyana no kumenyerana kw’abakinnyi.
Rayon Sports ifite ikibazo cy’uko hari abakinnyi bayo bashya bataramenyerana na bagenzi babo kandi bituma guhanahana imipira mu buryo butanga igitego cyangwa amahirwe yacyo bigorana.
Ibi umutoza yabyirengagije ahitamo kubanza mu kibuga abakinnyi batandatu bose bashya, batamenyeranye haba hagati yabo ubwabo haba no hagati yabo na bandi basanzwe muri iyi kipe.
Abo batandatu yabanjemo kandi bataziranye mu mikinire ni umunyezamu Kwizera Olivier, Yannick Bangala Litombo, Ramazani Tshimanga Tshilembi, Ben Aziz Dao, Pizzalo Kitoko na Bienvénu.
APR FC, ku rundi ruhande, yakinaga ibyo izi, ikabikora kandi yifitiye ikizere gishingiye k’ukuba abakinnyi bayo baziranye, bemenyeranye.
Ibi biri mu byatumye ndetse igice cya mbere cy’umukino cyarangiye itsinze ibitego bibiri ku busa by’iyo bari bahanganye.
Ku munota wa 19, William Togui yatsinze icya mbere naho Ronald Ssekiganga atsinda icya kabiri habura iminota 43 ngo iki gice kirangire.
Ukurikije uko byari bimeze, ubona ko APR FC yari yiteganyirije n’abandi bakinnyi b’abasimbura bakomeye bari bateguwe ngo baze kuziba icyuho igihe cyose byari bube ngombwa.
Ku munota wa 58, abatoza kuri buri kipe bakoze impinduka, Rayon Sports ikuramo Serumogo Ally na Sindi Paul Jésus basimburwa na Habimana Yvès na Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange.’
APR FC yo yakuyemo Memel Dao asimburwa na Ruboneka Jean Bosco.
Bidatinze[hari ku munota wa 69], yatsinze igitego cya gatatu cya Dauda Yussif wakuye umupira hagati agaca muri ba myugariro ba Rayon Sports.
Nyuma yo kugitsinda, APR FC yakuyemo Mugisha Gilbert na William Togui, basimburwa na Mamadou Sy na Denis Omedi.
Bruno Ferry utoza Rayon Sports nawe yagize ibyo ahindura akuramo Pizzalo na Ben Aziz Dao basimburwa na Ishimwe Fiston na Ganijuru Elie.
Ku munota wa 81, iyi kipe yabuze uburyo bwo gutsinda igitego ubwo Assouman yakoreshaga umutwe ngo arebe ko yagishyiramo ariko bikanga kuko umupira washyiwe muri koroneri na Pierre Ishimwa.
Ku munota wa 85, APR FC yakoze impinduka za nyuma ikuramo Djibril Quattara na Niyomugabo Claude basimburwa na Bugingo Hakim na Hakim Kiwanuka.
Ubwo kandi ni nako yacungaga ko ntawayinjiza igitego.gufasha ikipe ya bo.
Ubwo bakinaga iminota itanu y’inyongera, Ndikumana Assouman wa Rayon Sports yayitsindiye igitego rukumbi, itaha ityo, APR FC yegukanye intsinzi y’ibitego 4-1.
Yahembwe imidali ya zahabu, igikombe na Miliyoni Frw 20 naho Rayon Sports itahana Miliyoni Frw 10 zonyine, bivuze ko yahaburiye igikombe na Miliyoni Frw 10
Icyakora ikipe ya Rayon Sports y’abagore yo yatahanye igikombe na Miliyoni Frw 20 n’imidali, bivuze ko ibyananiye abagabo ba Rayon, abagore babishoboye.
Abagore bagize Rayon Sports WFC begukanye igikombe nyuma yo gutsinda Indahangarwa WFC ibitego 4-0.
Byatsindiwe na Mukagatete Emelyne, Coralie Odette Elsie Eyeang Nguema, Ukwinkunda Jeannette ‘Jiji’ na Niyonshuti Emérance.


